Sports news and updates
Esther Uwiduhaye · June 9, 2026
Ikipe ya Real Madrid iri gutegura igikorwa gishobora guhindura amateka y’isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi nyuma y’uko Perezida wayo, Florentino Pérez, atangaje ko iyi kipe yiteguye gutanga amafaranga menshi kurusha ayandi yose yigeze atangwa ku mukinnyi mu mateka y’umupira w’amaguru.
Ubuyobozi bwa Police FC bwatangaje ko bwatandukanye n’abakinnyi batandatu basoje amasezerano yabo muri iyi kipe nyuma yo gusoza shampiyona ya 2025/26 iri ku mwanya wa kane. Mu barekuwe harimo Byiringiro Lague, Richard Kilongozi Bazombwa, Ani Elijah, Henry Msanga, Allan Kateregga na Chimezie.
Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu ya Iraq, Aymen Hussein, yafungiwe amasaha agera kuri arindwi ku kibuga cy’indege cya O'Hare International Airport i Chicago muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma yo kugerayo ari kumwe na bagenzi be bitegura kwitabira Igikombe cy’Isi cya 2026. Amakuru yatangajwe na Reuters avuga ko Hussein yahise atandukanywa n’abandi bakinnyi, akorerwa igenzura ryimbitse ndetse telefoni ye igasakwa n’inzego zishinzwe umutekano ku mipaka mbere yo kwemererwa kwinjira muri icyo gihugu.
APR FC yongeye kwerekana ubukaka bwayo muri ruhago nyarwanda yegukana Igikombe cy’Amahoro cya 2026 nyuma yo gutsinda Rayon Sports kuri penaliti 4-2, nyuma y’uko iminota 90 yari yarangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1. Uyu mukino wahuje amakipe abiri akunzwe cyane mu Rwanda, usiga abafana banyuzwe n’ihangana rikomeye ryaranze umukino
APR FC yongeye kwerekana ubukaka bwayo muri ruhago nyarwanda yegukana Igikombe cy’Amahoro cya 2026 nyuma yo gutsinda Rayon Sports kuri penaliti 4-2, nyuma y’uko iminota 90 yari yarangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1. Uyu mukino wahuje amakipe abiri akunzwe cyane mu Rwanda, usiga abafana banyuzwe n’ihangana rikomeye ryaranze umukino
RSSB Tigers BBC yakoze kwandika amateka muri Basketball Africa League (BAL) 2026 nyuma yo kwegukana igikombe itsinze Petro de Luanda yo muri Angola amanota 90-88 ku mukino wa nyuma wabereye muri BK Arena ku wa 31 Gicurasi 2026. Iyi ntsinzi yahise ituma iba ikipe ya mbere yo mu Rwanda yegukanye iri rushanwa rikomeye rihuza amakipe akomeye muri Afurika.
Ikipe ya Unity SC yatangaje ko ititeguye gukina muri Shampiyona y’u Rwanda y’Icyiciro cya Mbere [BK Pro League] mu mwaka w’imikino wa 2026-27, nyuma yo kubona itike yo kuzamuka ivuye mu Cyiciro cya Kabiri. Ibi byamenyekanye nyuma y’ibaruwa iyi kipe yandikiye FERWAFA iyimenyesha ko ifite ibibazo by’amikoro bitayemerera gukina muri iri rushanwa rikomeye.
Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Espagne, Luis de la Fuente, yashyize hanze urutonde rw’abakinnyi 26 azifashisha mu Gikombe cy’Isi cya 2026 kizabera muri Amerika, Canada na Mexico. Icyatunguranye cyane ni uko nta mukinnyi n’umwe wa Real Madrid uri kuri uru rutonde, ibintu bitari bisanzwe bibaho mu mateka y’iyi kipe y’igihugu.
Ku wa Gatandatu tariki ya 30 Gicurasi 2026, amakipe ya Arsenal na PSG azacakirana ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League uzabera kuri Sitade ya Puskás Aréna i Budapest muri Hungary. Ni umukino utegerejwe cyane n’abakunzi b’umupira w’amaguru ku isi yose, kuko aya makipe yombi ari mu bihe byiza cyane muri uyu mwaka.
Ku wa 24 Gicurasi 2026, habaye amateka akomeye muri ruhago y’u Bwongereza aho ikipe ya Arsenal yegukanye igikombe cya shampiyona nyuma yo gusoza umwaka w’imikino wa 2025/26 iri ku mwanya wa mbere.
Cole Palmer, Phil Foden na Trent Alexander-Arnold ntabwo bagiye kwerekeza mu Gikombe cy’Isi nyuma y’aho umutoza mukuru w’Ubwongereza, Thomas Tuchel, atabashyize kurutonde rw’abakinnyi 26 mu buryo bwatunguye benshi.
Cristiano Ronaldo yegukanye igikombe cye cya mbere muri Saudi Pro League ari kumwe na Al Nassr, nyuma yo gutsinda Damac 4-1 ku wa 21 Gicurasi 2026.
Ikipe ya Arsenal FC ikomeje kwegera igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza nyuma yo gutsinda Burnley igitego 1-0 mu mukino wari ukomeye cyane. Iyi ntsinzi yasize ikipe ya Mikel Arteta iri hafi cyane yo kwegukana Premier League bwa mbere nyuma y’imyaka 22.
Weekend ya tariki 9-10 Gicurasi 2026 yasize abakunzi ba siporo mu byishimo no mu marangamutima atandukanye nyuma y’imikino ikomeye yabereye mu Rwanda no ku rwego mpuzamahanga. Rayon Sports yongeye kwiyunga n’abafana bayo nyuma yo gutsinda Marine FC, mu gihe APR FC yahuye n’intsinzwi ikomeye imbere ya Al Hilal Omdurman. Ku ruhando mpuzamahanga, PSG na Arsenal zageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League, ibintu byakuruye impaka n’ibyishimo ku bakunzi ba ruhago ku Isi.
Mu Rwanda, shampiyona yakomeje gushyuha aho APR FC na Rayon Sports zanganyije 1-1, Al Hilal ikomeza kuyobora, naho AS Kigali y’abagore yegukana igikombe ku nshuro ya 10 yikurikiranya. Muri volleyball na basketball, amakipe nka REG VC na Police VC akomeje knitwear neza mu marushanwa akomeye ari kubera i Kigali. Mu mahanga, FC Barcelona iri hafi kwegukana La Liga, Arsenal iyoboye shampiyona y’ubwongereza , naho Inter Milan yamaze kwegukana Serie A nyuma yo kwitwara neza mu mikino ya nyuma.
Lamine Yamal will miss the rest of the season after suffering a hamstring injury during a match against Celta Vigo. The young FC Barcelona star is expected to recover in 5–6 weeks, giving hope he could still return in time to represent Spain national football team at the 2026 World Cup, although his fitness remains uncertain.
Neymar Jr ntiyitabiriye umukino wa Santos FC ku isabukuru ya mushiki we kubera imvune n’umunaniro w’imikaya, ibintu byateje impaka mu bafana.
Kuri 7 Gicurasi 2025, Arsenal irasura Paris Saint-Germain (PSG) mu mukino wo kwishyura wa 1/2 UEFA Champions League kuri Stade Parc des Princes, Paris. PSG ifite igitego 1-0 yatsinze i Londres mu mukino ubanza, cyatsinzwe na Ousmane Dembélé.
Nyuma y’imvururu mu mukino w’umunsi wa 28 wa Rwanda Premier League hagati ya Bugesera FC na Rayon Sports wabereye kuri Stade ya Bugesera ku wa 17 Gicurasi 2025, umukino wahagaritswe ku munota wa 57 ubwo Bugesera FC yari iyoboye 2-0, igitego cya kabiri cyatsinzwe na Umar Abba kuri penaliti cyateje abafana gutera amabuye mu kibuga. Ku wa 19 Gicurasi 2025, FERWAFA yanzuye ko umukino uzongera gukinwa ku wa Gatatu, ukomereza ku munota wa 57, nta bafana bazaba bahari, uretse abagize komite nyobozi y’amakipe.
Nyuma yo gusubukura umukino w’umunsi wa 28 wa shampiyona wasubitswe kubera imvururu, ku 21/05/2025, Bugesera FC yakiriye Rayon Sports kuri Stade ya Bugesera. Ku munota wa 85′, Bugingo Hakim yatsinze igitego cya Rayon Sports ku mupira wahinduwe na Innocent Assana, umunyezamu Habineza Fils ntiyabashije kuwurinda. Umukino urangiye Bugesera FC itsinze 2-1 Rayon Sports.
Join thousands of readers across Rwanda and the world