Cristiano Ronaldo na Al Nassr begukanye Igikombe cya Shampiyona ya Arabie Saoudite 2025/26, nyuma yo gutsinda Damac ibitego 4-1 ku munsi wa 34.

Ibitego byatsinzwe na Sadio Mane (33'), Kingsley Coman (51'), na Ronaldo ubwe inshuro ebyiri (62' na 80'). Ibi byatumye Al Nassr igira amanota 86, irusha Al Hilal abiri.
Ronaldo yatsinze ibitego 28 muri uyu mwaka, akagera ku bitego 973 mu rugendo rwe rwo kwandika amateka yo gutsinda 1000. Muri Saudi Pro League asanzwe afite ibitego 102.

Uyu mukinnyi w'imyaka 41 azakina kandi Igikombe cy'Isi cya 2026 ari kumwe na Portugal kikazaba ari icya gatandatu mu mateka ye ikindi afite Ballon D’Or eshanu yegukanye shampiyona eshanu z’aho yanyuze hose mu mupira w’amaguru. Yegukanye Shampiyona y’u Bwongereza inshuro eshatu ari kumwe na Manchester United, iya Espagne inshuro ebyiri ari kumwe na Real Madrid, iy’u Butaliyani inshuro ebyiri ari kumwe na Juventus.