Nubwo uyu mukinnyi yaje kwemererwa gukomeza urugendo rwe nyuma y’amasaha menshi abazwa, umwe mu bakozi b’ikipe ya Iraq ushinzwe gufotora ibikorwa byayo, Talal Salah, ntiyemerewe kwinjira muri Amerika. Uyu mufotozi nawe yamaze amasaha arenga 10 akorerwa igenzura ririmo no gusakwa telefoni ye mbere y’uko afatirwa icyemezo cyo gusubizwa aho yari avuye. Abayobozi ba Amerika bavuze ko igenzura nk’iri rikorwa ku bantu bamwe na bamwe hagamijwe kwemeza amakuru yabo no gusuzuma niba bemerewe kwinjira mu gihugu.Ibi bibaye mu gihe Iraq iri mu myiteguro ya nyuma y’Igikombe cy’Isi cya 2026, izaba yitabiriye bwa mbere nyuma y’imyaka 40. Aymen Hussein afatwa nk’umwe mu bakinnyi b’ingenzi b’iyi kipe kuko ari we watsinze igitego cyafashije Iraq kubona itike y’iri rushanwa. Muri iri Gikombe cy’Isi, Iraq iri mu Itsinda I hamwe n’u Bufaransa, Senegal na Norway, mbere yo gutangira irushanwa ikazabanza gukina umukino wa gicuti na Venezuela.