Sign In Subscribe

Your trusted source for breaking news and in-depth analysis

⚡ Breaking
Language:
NEW

Inama Nyafurika ku ikoranabuhanga ryifashishwa mu Buhinzi

Lazizi News · Category

Sports

Sports news and updates

68 Articles Updated daily
Top Story

Myugariro wa Atlético Madrid, Robin Le Normand, ari mu Rwanda

Esther Uwiduhaye · June 19, 2026

Featured Stories

Filter:
Sort by:
Myugariro wa Atlético Madrid, Robin Le Normand, ari mu Rwanda
Sports

Myugariro wa Atlético Madrid, Robin Le Normand, ari mu Rwanda

Myugariro wa Atlético Madrid yo muri Espagne, Robin Le Normand, ari mu Rwanda mu ruzinduko rugamije guteza imbere ubufatanye hagati y’iyi kipe n’u Rwanda binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda. Ku wa 15 Kamena 2026, ni bwo uyu mukinnyi yageze i Kigali aho yakiriwe n’abayobozi ba Visit Rwanda ndetse atangira ibikorwa byo gusura ahantu hatandukanye hagaragaza ubwiza n’amateka by’Igihugu.

Esther Uwiduhaye·June 19, 2026
1 min
Rayon Sports yabonye umufatanyabikorwa mushya
Sports

Rayon Sports yabonye umufatanyabikorwa mushya

Ubuyobozi bw’inzibacyuho bwa Rayon Sports burajwe imbere na Murenzi Abdallah, bwatangaje ko bwamaze gusinyana amasezerano y’imikoranire y’imyaka itanu na Banki ya Kigali (BK) we mufatanyabikorwa mukuru mushya guhera mu mwaka utaha w’imikino wa 2026-27. Ibi bije bikurikira iherezo ry’amasezerano iyi kipe yari ifitanye n’Uruganda rw’ibinyobwa rwa SKOL Brewery Ltd [SBL] rwafashe icyemezo cyo kutayavugurura, n’ubwo ubuyobozi bwa Gikundiro bugaragaza ko bugiteganya kuganira na SKOL kugira ngo harebwe uburyo imikoranire yari isanzwe yakomerezaho mu bundi buryo.

Esther Uwiduhaye·June 19, 2026
1 min
Igikombe cy’Isi 2026 cyatangiranye ibirori bidasanzwe n’amakarita atatu atukura
Sports

Igikombe cy’Isi 2026 cyatangiranye ibirori bidasanzwe n’amakarita atatu atukura

Igikombe cy’Isi cya 2026 cyatangiye mu buryo budasanzwe, giherekezwa n’ibirori by’akataraboneka byabereye kuri Stade Azteca i Mexico City. Mbere y’umukino wafunguye irushanwa, abafana baryohewe n’imbyino gakondo za Mexique, ibikorwa byagaragazaga ubumwe bw’abatuye Isi ndetse n’ibitaramo by’abahanzi bakomeye barimo Shakira, Burna Boy, Andrea Bocelli na EJAE. Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, ni we werekanye Igikombe cy’Isi kizakinirwa muri iri rushanwa ryitabiriwe n’ibihugu 48 ku nshuro ya mbere mu mateka.

Esther Uwiduhaye·June 12, 2026
1 min
Amateka mashya ashobora kwandikwa n'ibihangange by'umupira w'amaguru
Sports

Amateka mashya ashobora kwandikwa n'ibihangange by'umupira w'amaguru

Harabura amasaha make ngo Igikombe cy’Isi cya 2026 gitangire, ari na cyo cya mbere kizitabirwa n’ibihugu 48. Iri rushanwa rizabera muri United States, Mexico na Canada, rikaba ritegerejweho kwandika amateka mashya menshi haba ku makipe, abakinnyi ndetse n’abafana. Biteganyijwe ko rizakuraho agahigo ko kwitabirwa n’abafana benshi ndetse no gutsindwamo ibitego byinshi kurusha andi marushanwa yose yabanje, cyane ko rizakinwamo imikino 104.

Esther Uwiduhaye·June 11, 2026
1 min
Real Madrid yiteguye gukora amateka igura umukinnyi ku giciro kitari cyarigeze gitangwa
Sports

Real Madrid yiteguye gukora amateka igura umukinnyi ku giciro kitari cyarigeze gitangwa

Ikipe ya Real Madrid iri gutegura igikorwa gishobora guhindura amateka y’isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi nyuma y’uko Perezida wayo, Florentino Pérez, atangaje ko iyi kipe yiteguye gutanga amafaranga menshi kurusha ayandi yose yigeze atangwa ku mukinnyi mu mateka y’umupira w’amaguru.

Esther Uwiduhaye·June 9, 2026
1 min
Police FC yarekuye abakinnyi batandatu barimo Byiringiro Lague
Sports

Police FC yarekuye abakinnyi batandatu barimo Byiringiro Lague

Ubuyobozi bwa Police FC bwatangaje ko bwatandukanye n’abakinnyi batandatu basoje amasezerano yabo muri iyi kipe nyuma yo gusoza shampiyona ya 2025/26 iri ku mwanya wa kane. Mu barekuwe harimo Byiringiro Lague, Richard Kilongozi Bazombwa, Ani Elijah, Henry Msanga, Allan Kateregga na Chimezie.

Esther Uwiduhaye·June 9, 2026
1 min
Umukinnyi wa Iraq yafungiwe amasaha arindwi ku kibuga cy’indege cya Chicago mbere y’Igikombe cy’Isi
Sports

Umukinnyi wa Iraq yafungiwe amasaha arindwi ku kibuga cy’indege cya Chicago mbere y’Igikombe cy’Isi

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu ya Iraq, Aymen Hussein, yafungiwe amasaha agera kuri arindwi ku kibuga cy’indege cya O'Hare International Airport i Chicago muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma yo kugerayo ari kumwe na bagenzi be bitegura kwitabira Igikombe cy’Isi cya 2026. Amakuru yatangajwe na Reuters avuga ko Hussein yahise atandukanywa n’abandi bakinnyi, akorerwa igenzura ryimbitse ndetse telefoni ye igasakwa n’inzego zishinzwe umutekano ku mipaka mbere yo kwemererwa kwinjira muri icyo gihugu.

Esther Uwiduhaye·June 8, 2026
1 min
APR FC Yongeye Kwandika Amateka Itsindira Rayon Sports Igikombe cy’Amahoro 2026
Sports

APR FC Yongeye Kwandika Amateka Itsindira Rayon Sports Igikombe cy’Amahoro 2026

APR FC yongeye kwerekana ubukaka bwayo muri ruhago nyarwanda yegukana Igikombe cy’Amahoro cya 2026 nyuma yo gutsinda Rayon Sports kuri penaliti 4-2, nyuma y’uko iminota 90 yari yarangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1. Uyu mukino wahuje amakipe abiri akunzwe cyane mu Rwanda, usiga abafana banyuzwe n’ihangana rikomeye ryaranze umukino

Esther Uwiduhaye·June 1, 2026
3 min
APR FC Yongeye Kwandika Amateka Itsindira Rayon Sports Igikombe cy’Amahoro 2026
Sports

APR FC Yongeye Kwandika Amateka Itsindira Rayon Sports Igikombe cy’Amahoro 2026

APR FC yongeye kwerekana ubukaka bwayo muri ruhago nyarwanda yegukana Igikombe cy’Amahoro cya 2026 nyuma yo gutsinda Rayon Sports kuri penaliti 4-2, nyuma y’uko iminota 90 yari yarangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1. Uyu mukino wahuje amakipe abiri akunzwe cyane mu Rwanda, usiga abafana banyuzwe n’ihangana rikomeye ryaranze umukino

Esther Uwiduhaye·June 1, 2026
2 min
RSSB Tigers Yegukanye BAL 2026, Mukazayire n'Abandi Bayobozi Buzuye Ibyishimo
Sports

RSSB Tigers Yegukanye BAL 2026, Mukazayire n'Abandi Bayobozi Buzuye Ibyishimo

RSSB Tigers BBC yakoze kwandika amateka muri Basketball Africa League (BAL) 2026 nyuma yo kwegukana igikombe itsinze Petro de Luanda yo muri Angola amanota 90-88 ku mukino wa nyuma wabereye muri BK Arena ku wa 31 Gicurasi 2026. Iyi ntsinzi yahise ituma iba ikipe ya mbere yo mu Rwanda yegukanye iri rushanwa rikomeye rihuza amakipe akomeye muri Afurika.

Esther Uwiduhaye·June 1, 2026
1 min
Nyuma yo Kuzamuka, Unity SC Yahise Itangaza ko Itazakina Icyiciro cya Mbere
Sports

Nyuma yo Kuzamuka, Unity SC Yahise Itangaza ko Itazakina Icyiciro cya Mbere

Ikipe ya Unity SC yatangaje ko ititeguye gukina muri Shampiyona y’u Rwanda y’Icyiciro cya Mbere [BK Pro League] mu mwaka w’imikino wa 2026-27, nyuma yo kubona itike yo kuzamuka ivuye mu Cyiciro cya Kabiri. Ibi byamenyekanye nyuma y’ibaruwa iyi kipe yandikiye FERWAFA iyimenyesha ko ifite ibibazo by’amikoro bitayemerera gukina muri iri rushanwa rikomeye.

Esther Uwiduhaye·May 29, 2026
1 min
Bwa Mbere Mu Mateka! Espagne igiye mu Gikombe cy’Isi nta mukinnyi wa Real Madrid
Sports

Bwa Mbere Mu Mateka! Espagne igiye mu Gikombe cy’Isi nta mukinnyi wa Real Madrid

Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Espagne, Luis de la Fuente, yashyize hanze urutonde rw’abakinnyi 26 azifashisha mu Gikombe cy’Isi cya 2026 kizabera muri Amerika, Canada na Mexico. Icyatunguranye cyane ni uko nta mukinnyi n’umwe wa Real Madrid uri kuri uru rutonde, ibintu bitari bisanzwe bibaho mu mateka y’iyi kipe y’igihugu.

Esther Uwiduhaye·May 26, 2026
1 min
Arsenal na PSG zigiye guhatanira igikombe cya Champions League mu mukino utegerejwe na benshi
Sports

Arsenal na PSG zigiye guhatanira igikombe cya Champions League mu mukino utegerejwe na benshi

Ku wa Gatandatu tariki ya 30 Gicurasi 2026, amakipe ya Arsenal na PSG azacakirana ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League uzabera kuri Sitade ya Puskás Aréna i Budapest muri Hungary. Ni umukino utegerejwe cyane n’abakunzi b’umupira w’amaguru ku isi yose, kuko aya makipe yombi ari mu bihe byiza cyane muri uyu mwaka.

Esther Uwiduhaye·May 26, 2026
1 min
👑 ARSENAL YEGUKANYE IGIKOMBE CYA PREMIER LEAGUE 2025/26
Sports

👑 ARSENAL YEGUKANYE IGIKOMBE CYA PREMIER LEAGUE 2025/26

Ku wa 24 Gicurasi 2026, habaye amateka akomeye muri ruhago y’u Bwongereza aho ikipe ya Arsenal yegukanye igikombe cya shampiyona nyuma yo gusoza umwaka w’imikino wa 2025/26 iri ku mwanya wa mbere.

Esther Uwiduhaye·May 25, 2026
1 min
Abakinnyi b’ibihangange mu Bwongereza batunguwe basigwa inyuma na Thomas Tuchel ku rutonde rw’Igikombe cy’Isi cya 2026.
Sports

Abakinnyi b’ibihangange mu Bwongereza batunguwe basigwa inyuma na Thomas Tuchel ku rutonde rw’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Cole Palmer, Phil Foden na Trent Alexander-Arnold ntabwo bagiye kwerekeza mu Gikombe cy’Isi nyuma y’aho umutoza mukuru w’Ubwongereza, Thomas Tuchel, atabashyize kurutonde rw’abakinnyi 26 mu buryo bwatunguye benshi.

Esther Uwiduhaye·May 22, 2026
1 min
Cristiano Ronaldo na Al Nassr begukanye Igikombe cya Shampiyona ya Arabie Saoudite 2026
Sports

Cristiano Ronaldo na Al Nassr begukanye Igikombe cya Shampiyona ya Arabie Saoudite 2026

Cristiano Ronaldo yegukanye igikombe cye cya mbere muri Saudi Pro League ari kumwe na Al Nassr, nyuma yo gutsinda Damac 4-1 ku wa 21 Gicurasi 2026.

Esther Uwiduhaye·May 22, 2026
1 min
Arsenal iri ku ntera yo kwegukana Premier League, inafite amaso kuri Final ya Champions League.
Sports

Arsenal iri ku ntera yo kwegukana Premier League, inafite amaso kuri Final ya Champions League.

Ikipe ya Arsenal FC ikomeje kwegera igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza nyuma yo gutsinda Burnley igitego 1-0 mu mukino wari ukomeye cyane. Iyi ntsinzi yasize ikipe ya Mikel Arteta iri hafi cyane yo kwegukana Premier League bwa mbere nyuma y’imyaka 22.

Esther Uwiduhaye·May 19, 2026
2 min
Rayon Sports yongeye kwigarurira abafana, PSG na Arsenal zandika amateka muri Champions League
Sports

Rayon Sports yongeye kwigarurira abafana, PSG na Arsenal zandika amateka muri Champions League

Weekend ya tariki 9-10 Gicurasi 2026 yasize abakunzi ba siporo mu byishimo no mu marangamutima atandukanye nyuma y’imikino ikomeye yabereye mu Rwanda no ku rwego mpuzamahanga. Rayon Sports yongeye kwiyunga n’abafana bayo nyuma yo gutsinda Marine FC, mu gihe APR FC yahuye n’intsinzwi ikomeye imbere ya Al Hilal Omdurman. Ku ruhando mpuzamahanga, PSG na Arsenal zageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League, ibintu byakuruye impaka n’ibyishimo ku bakunzi ba ruhago ku Isi.

Esther Uwiduhaye·May 12, 2026
3 min
Weekend y’udushya muri sport: Intambara z’ibikombe, amanota n’intsinzi zikomeye!
Sports

Weekend y’udushya muri sport: Intambara z’ibikombe, amanota n’intsinzi zikomeye!

Mu Rwanda, shampiyona yakomeje gushyuha aho APR FC na Rayon Sports zanganyije 1-1, Al Hilal ikomeza kuyobora, naho AS Kigali y’abagore yegukana igikombe ku nshuro ya 10 yikurikiranya. Muri volleyball na basketball, amakipe nka REG VC na Police VC akomeje knitwear neza mu marushanwa akomeye ari kubera i Kigali. Mu mahanga, FC Barcelona iri hafi kwegukana La Liga, Arsenal iyoboye shampiyona y’ubwongereza , naho Inter Milan yamaze kwegukana Serie A nyuma yo kwitwara neza mu mikino ya nyuma.

Esther Uwiduhaye·May 4, 2026
4 min
FC Barcelona Star Lamine Yamal Ruled Out for Season After Hamstring Injury.
Sports

FC Barcelona Star Lamine Yamal Ruled Out for Season After Hamstring Injury.

Lamine Yamal will miss the rest of the season after suffering a hamstring injury during a match against Celta Vigo. The young FC Barcelona star is expected to recover in 5–6 weeks, giving hope he could still return in time to represent Spain national football team at the 2026 World Cup, although his fitness remains uncertain.

Esther Uwiduhaye·April 29, 2026
2 min