Sports news and updates
Esther Uwiduhaye · May 25, 2026
Ku wa 24 Gicurasi 2026, habaye amateka akomeye muri ruhago y’u Bwongereza aho ikipe ya Arsenal yegukanye igikombe cya shampiyona nyuma yo gusoza umwaka w’imikino wa 2025/26 iri ku mwanya wa mbere.
Cole Palmer, Phil Foden na Trent Alexander-Arnold ntabwo bagiye kwerekeza mu Gikombe cy’Isi nyuma y’aho umutoza mukuru w’Ubwongereza, Thomas Tuchel, atabashyize kurutonde rw’abakinnyi 26 mu buryo bwatunguye benshi.
Cristiano Ronaldo yegukanye igikombe cye cya mbere muri Saudi Pro League ari kumwe na Al Nassr, nyuma yo gutsinda Damac 4-1 ku wa 21 Gicurasi 2026.
Ikipe ya Arsenal FC ikomeje kwegera igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza nyuma yo gutsinda Burnley igitego 1-0 mu mukino wari ukomeye cyane. Iyi ntsinzi yasize ikipe ya Mikel Arteta iri hafi cyane yo kwegukana Premier League bwa mbere nyuma y’imyaka 22.
Weekend ya tariki 9-10 Gicurasi 2026 yasize abakunzi ba siporo mu byishimo no mu marangamutima atandukanye nyuma y’imikino ikomeye yabereye mu Rwanda no ku rwego mpuzamahanga. Rayon Sports yongeye kwiyunga n’abafana bayo nyuma yo gutsinda Marine FC, mu gihe APR FC yahuye n’intsinzwi ikomeye imbere ya Al Hilal Omdurman. Ku ruhando mpuzamahanga, PSG na Arsenal zageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League, ibintu byakuruye impaka n’ibyishimo ku bakunzi ba ruhago ku Isi.
Mu Rwanda, shampiyona yakomeje gushyuha aho APR FC na Rayon Sports zanganyije 1-1, Al Hilal ikomeza kuyobora, naho AS Kigali y’abagore yegukana igikombe ku nshuro ya 10 yikurikiranya. Muri volleyball na basketball, amakipe nka REG VC na Police VC akomeje knitwear neza mu marushanwa akomeye ari kubera i Kigali. Mu mahanga, FC Barcelona iri hafi kwegukana La Liga, Arsenal iyoboye shampiyona y’ubwongereza , naho Inter Milan yamaze kwegukana Serie A nyuma yo kwitwara neza mu mikino ya nyuma.
Lamine Yamal will miss the rest of the season after suffering a hamstring injury during a match against Celta Vigo. The young FC Barcelona star is expected to recover in 5–6 weeks, giving hope he could still return in time to represent Spain national football team at the 2026 World Cup, although his fitness remains uncertain.
Neymar Jr ntiyitabiriye umukino wa Santos FC ku isabukuru ya mushiki we kubera imvune n’umunaniro w’imikaya, ibintu byateje impaka mu bafana.
Kuri 7 Gicurasi 2025, Arsenal irasura Paris Saint-Germain (PSG) mu mukino wo kwishyura wa 1/2 UEFA Champions League kuri Stade Parc des Princes, Paris. PSG ifite igitego 1-0 yatsinze i Londres mu mukino ubanza, cyatsinzwe na Ousmane Dembélé.
Nyuma y’imvururu mu mukino w’umunsi wa 28 wa Rwanda Premier League hagati ya Bugesera FC na Rayon Sports wabereye kuri Stade ya Bugesera ku wa 17 Gicurasi 2025, umukino wahagaritswe ku munota wa 57 ubwo Bugesera FC yari iyoboye 2-0, igitego cya kabiri cyatsinzwe na Umar Abba kuri penaliti cyateje abafana gutera amabuye mu kibuga. Ku wa 19 Gicurasi 2025, FERWAFA yanzuye ko umukino uzongera gukinwa ku wa Gatatu, ukomereza ku munota wa 57, nta bafana bazaba bahari, uretse abagize komite nyobozi y’amakipe.
Nyuma yo gusubukura umukino w’umunsi wa 28 wa shampiyona wasubitswe kubera imvururu, ku 21/05/2025, Bugesera FC yakiriye Rayon Sports kuri Stade ya Bugesera. Ku munota wa 85′, Bugingo Hakim yatsinze igitego cya Rayon Sports ku mupira wahinduwe na Innocent Assana, umunyezamu Habineza Fils ntiyabashije kuwurinda. Umukino urangiye Bugesera FC itsinze 2-1 Rayon Sports.
Umujyi wa Kigali witeguye kwakira ku nshuro ya 20 Marato Mpuzamahanga y’Amahoro tariki 8 Kamena 2025, ifite insanganyamatsiko igira iti: “Kuzana Isi i Kigali no Kujyana Kigali mu Isi”. Iri rushanwa rigamije guteza imbere amahoro, ubumwe n’imibanire myiza hagati y’ibihugu binyuze muri siporo.
Ikipe ya Chelsea iraza gukina umukino wa nyuma w’igikombe cy’i Burayi ihura na Real Betis yo muri Esipanye, umukino uzabera kuri Stadio de Wrocław muri Polonye, utangire saa tatu z’ijoro ku isaha y’u Rwanda.
Umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu Amavubi, Adel Amrouche, yashyize ahagaragara urutonde rw’abakinnyi 27 azifashisha mu mikino ibiri ya gicuti izahuza u Rwanda n’ikipe y’igihugu ya Algeria (Les Fennecs).
Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice, yasuye abakinnyi b’Amavubi bari mu mwiherero abashishikariza gukomeza guharanira intsinzi, cyane cyane batsinda Benin, mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026. U Rwanda ruzakira Benin ku wa 10 Ukwakira 2025 saa 18h00 kuri Stade Amahoro. Amavubi ari mu itsinda C ari ku mwanya wa 4 n’amanota 11, mu gihe Benin na Afurika y’Epfo bayoboye n’amanota 14, Nigeria ikagira 11. Amahirwe yo kujya mu Gikombe cy’Isi aragoye kuko n’iyo u Rwanda rwatsinda imikino yose rusigaje rwagera ku manota 17, atakwemerera kuba mu makipe ya kabiri meza, bityo hakenewe ko Benin na Afurika y’Epfo batsikira.
Police FC ni yo iyoboye shampiyona n’amanota 9/9 nyuma yo gutsinda imikino itatu yose, igaragaza ko ishobora guhatanira igikombe. Marines FC iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 6 mu mikino ibiri, ikomeje gutungurana. APR FC imaze gukina umukino umwe gusa kubera amarushanwa nyafurika, ifite amanota 3 ariko igifite imikino myinshi izakinwa nyuma. Andi makipe nka Gorilla FC, Bugesera FC, Gasogi United na Mukura VS ari hagati mu rutonde n’amanota hafi ya 5, bigaragaza ko shampiyona ikiri hafi cyane. International break izaha Amavubi umwanya wo kwitegura umukino wa Benin, inafashe amakipe ya shampiyona gusuzuma imikinire yayo no gukosora amakosa. Icyiciro gikurikiraho gitegerejweho imikino ishyushye n’udushya twinshi.
Kerem Demirbay yahanishijwe gusiba imikino nyuma yo gusuzugura umusifuzi w’umugore, yaje gusaba imbabazi, kandi ikipe ye imwigishije uburinganire
Join thousands of readers across Rwanda and the world