Sign In Subscribe

Your trusted source for breaking news and in-depth analysis

⚡ Breaking
Language:
NEW

Burkina Faso yahagaritse amarushanwa y’ubwiza, impamvu yatunguye benshi

Lazizi News · Category

Politics

Political news and analysis

128 Articles Updated daily
Top Story

Ibiganiro bya Iran na Amerika byasubitswe ku munota wa nyuma

Esther Uwiduhaye · June 19, 2026

Featured Stories

Filter:
Sort by:
Ibiganiro bya Iran na Amerika byasubitswe ku munota wa nyuma
Politics

Ibiganiro bya Iran na Amerika byasubitswe ku munota wa nyuma

Ibiganiro by’ubuhuza byari guhuza Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran, byagombaga kubera mu Busuwisi ku wa Gatanu tariki ya 19 Kamena 2026, byasubitswe ku munota wa nyuma. Ibyo biganiro byari bigamije gusuzuma ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano yo guhagarika imirwano hagati y’ibihugu byombi. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Busuwisi ntiyatangaje impamvu nyamukuru yatumye ibyo biganiro bisubikwa. White House yari yatangaje ko Visi Perezida wa Amerika, JD Vance, n’itsinda yari ayoboye batagurutse i Washington berekeza i Geneva nk’uko byari biteganyijwe.

Esther Uwiduhaye·June 19, 2026
1 min
Trump yatangaje ko intambara na Iran irangiye, Iran irabihakana
Politics

Trump yatangaje ko intambara na Iran irangiye, Iran irabihakana

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko amakimbirane yari amaze igihe hagati ya Amerika na Iran ageze ku musozo ndetse ko impande zombi ziri hafi gusinyira amasezerano mu Burayi. Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku wa 11 Kamena 2026, yavuze ko bumvikanye ku ngingo y’uko Iran itazigera itunga intwaro za kirimbuzi, ashimangira ko inyandiko z’amasezerano zigeze ku musozo kandi ko umuhango wo kuyasinya ushobora kuba vuba. Yavuze kandi ko yagiranye ibiganiro n’abayobozi bo mu bihugu byo mu Kigobe cy’Abarabu ndetse na Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, bose bakaba bishimiye aho ibintu bigeze.

Esther Uwiduhaye·June 12, 2026
1 min
ITANGAZO RITURUTSE MUBIRO BYA MINISTIRI W'INTEBE
Politics

ITANGAZO RITURUTSE MUBIRO BYA MINISTIRI W'INTEBE

Abayobozi munzego za leta bashyizwe munshingano abandi barazihindurirwa

Nshizirungu Christian·June 10, 2026
1 min
Mu nteko ishinga amategeko imitwe yombi yatangiye igihembwe cya 3 gisanzwe cy'umwaka wa 2025/2026
Politics

Mu nteko ishinga amategeko imitwe yombi yatangiye igihembwe cya 3 gisanzwe cy'umwaka wa 2025/2026

Inteko Ishinga Amategeko, Imitwe yombi, yatangiye Igihembwe cya Gatatu gisanzwe cy'umwaka wa 2025/2026. Mu bikorwa izibandaho harimo gutora amategeko, kugenzura ibikorwa bya Guverinoma, gusura abaturage no kugezwaho ibikorwa bya Guverinoma na Minisitiri w'Intebe. By'umwihariko Sena izakomeza kugenzura iyubahirizwa ry'amahame remezo mu bikorwa byayo byose. Muri iki gihembwe kandi biteganyijwe ko hazatorwa itegeko rigena ingengo y’imari ya Leta y’umwaka wa 2026/2027.

Nshizirungu Christian·June 5, 2026
1 min
IGIHANGO CY'URUNGANO:urubyiruko rwiyemeje kurinda amateka no kubaka ejo hazaza h'URWANDA
Politics

IGIHANGO CY'URUNGANO:urubyiruko rwiyemeje kurinda amateka no kubaka ejo hazaza h'URWANDA

ku wa 30 gicurasi i Rusororo mu ntare conference arena ,habereye igihango cy'urungano igikorwa cyahuje urubyiruko ruturutse mumpande zitandukanye z'igihugu hagamijwe kwibuka urubyiruko rwazize jenoside yakorewe abatutsi ndetse no kongera kurushishikariza kurinda amateka no kubaka ejo hazaza h'URWANDA .

Nshizirungu Christian·June 4, 2026
1 min
Perezida Samia Suluhu Hassan yitabiriye inama mpuzamahanga i Kigali.
Politics

Perezida Samia Suluhu Hassan yitabiriye inama mpuzamahanga i Kigali.

Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan yageze i Kigali aho yitabiriye inama nyafurika igamije kuganira ku ikoreshwa ry’ingufu za Nikeleyeri mu guteza imbere amashanyarazi n’inganda muri Afurika.

Esther Uwiduhaye·May 19, 2026
1 min
Kabuga Félicien yapfiriye i La Haye Mubuholndi atarangije kuburana kubyaha yari akurikiranweho bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Politics

Kabuga Félicien yapfiriye i La Haye Mubuholndi atarangije kuburana kubyaha yari akurikiranweho bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Kabuga Félicien wari ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yapfiriye mu Buholandi aho yari afungiye kuva yafatirwa mu Bufaransa mu 2020. Urubanza rwe rwari rwarahagaritswe kubera ikibazo cy’uburwayi n’intege nke zo mu mutwe, bituma adashobora gukomeza kuburana. Yitabye Imana ategereje icyemezo cyo kurekurwa by’agateganyo no kwakirwa n’ikindi gihugu.

Esther Uwiduhaye·May 18, 2026
1 min
Kigali yakiriye inama ikomeye ya Africa CEO Forum ihuje abayobozi n’abashoramari baturutse hirya no hino muri Afurika
Politics

Kigali yakiriye inama ikomeye ya Africa CEO Forum ihuje abayobozi n’abashoramari baturutse hirya no hino muri Afurika

Mu mujyi wa Kigali, muri Kigali Convention Centre hari kubera inama mpuzamahanga ya Africa CEO Forum ihuje abakuru b’ibihugu, abayobozi b’ibigo bikomeye, abashoramari n’abafata ibyemezo baturutse mu bihugu birenga 70 byo muri Afurika no hanze yayo.

Esther Uwiduhaye·May 15, 2026
1 min
Perezida Kagame yasabye Afurika kwigira no kwanga gukoreshwa n’amahanga.
Politics

Perezida Kagame yasabye Afurika kwigira no kwanga gukoreshwa n’amahanga.

Perezida wa Paul Kagame yavuze ko Afurika ikwiye kwigira no kwanga gukomeza gukoreshwa n’amahanga ashaka inyungu zayo, cyane cyane mu bijyanye n’umutungo kamere

Esther Uwiduhaye·May 15, 2026
1 min
Prezida museve mw'irahira rya manda ya 7 yikurikiranya :Bobi winy mu Buhungiro,umunsi wikiruhuko muri Uganda
Politics

Prezida museve mw'irahira rya manda ya 7 yikurikiranya :Bobi winy mu Buhungiro,umunsi wikiruhuko muri Uganda

Kuri uyu wa Kabiri, Perezida Yoweri Museveni yarahiririye kuyobora Uganda muri manda ya 7 yikurikiranya kuva yagera ku butegetsi mu mwaka wa 1986, aho azayobora Uganda indi myaka 5. Uyu muhango witabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Abakuru b’Ibihugu n’abazagarariye Guverinoma.

Esther Uwiduhaye·May 13, 2026
2 min
Prezida  Emmanuel Macron  w’ubufaransa yanenze   Leta zunze ubumwe za Amerika  gushyira u Rwanda mu kato.
Politics

Prezida Emmanuel Macron w’ubufaransa yanenze Leta zunze ubumwe za Amerika gushyira u Rwanda mu kato.

Esther Uwiduhaye·May 13, 2026
4 min
Karasira Aimable Yapfuye  Mbere gato yo Gusohoka muri Gereza.
Politics

Karasira Aimable Yapfuye Mbere gato yo Gusohoka muri Gereza.

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, RCS, rwatangaje ko Karasira Aimable Uzaramba yapfuye nyuma yo kunywa imiti myinshi yari asanzwe afata ivura uburwayi bwo mu mutwe.

Esther Uwiduhaye·May 7, 2026
2 min
Umuyobozi w’Akagari ni nde, kandi ashinzwe iki?
Politics

Umuyobozi w’Akagari ni nde, kandi ashinzwe iki?

Umuyobozi w’Akagari ni umuntu uhagarariye ubuyobozi bwa Leta ku rwego rw’akagari kandi akorera hafi y’abaturage. Ashyirwaho n’ubuyobozi kugira ngo akemure ibibazo by’abaturage, abagezeho serivisi zinyuranye, ayobore inama z’abaturage, akurikirane ibikorwa by’iterambere n’imibereho, kandi afatanye n’inzego z’umutekano mu gukemura amakimbirane. Inshingano ze zirimo gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro y’inzego z’akarere n’umurenge, kugenzura gahunda z’ubudehe, ubwisungane mu kwivuza, imibare y’abaturage, n’ibindi bikorwa by’amatsinda n’ibimina. Umuyobozi w’akagari asabwa kuba intangarugero, kwicisha bugufi, gukorera abaturage, no kubashakira ibisubizo birambye. Uyu muyobozi ni urufunguzo rw’iterambere rishingiye ku bumwe n’ubufatanye hagati y’abayobozi n’abaturage, kuko iterambere n’amahoro arambye biva mu mikoranire myiza hagati y’impande zombi.

Esther Uwiduhaye·May 7, 2026
1 min
MU RWANDA ITEGEKO RYEMERERA BIMWE MUBIGO BYA LETA  KUGENA IMISHARA UKOBISHATSE  RYASUBIWEMO.
Politics

MU RWANDA ITEGEKO RYEMERERA BIMWE MUBIGO BYA LETA KUGENA IMISHARA UKOBISHATSE RYASUBIWEMO.

Goverinoma yafunze icyuho cyari mw'itegeko rigenga abakozi ba leta cyatumaga harizimwe munzego za leta zirenga kuburyo busanzwe bwogena imishahara ninyungu kubakozi zigashyiraho imishahara ukozishakiye ibyo bigatuma habaho ubusumbane bukomeye mu mishahara mubakozi ba leta bakora akazi ka leta kari kurwego rumwe bitewe nuko bakoreraga inzego zitandukanye .

Esther Uwiduhaye·May 4, 2026
2 min
Nitemera ibiganiro, izahura n’ingaruka zikomeye
Politics

Nitemera ibiganiro, izahura n’ingaruka zikomeye

Donald Trump yongeye gusaba Iran kugirana ibiganiro n’United States bigamije guhagarika intambara, ayiburira ko kutabyemera bizayiviramo ingaruka zikomeye. Nubwo Amerika ivuga ko Iran ishaka amasezerano, Tehran yo irabihakana kandi yanenze umugambi w’amahoro wa Amerika.

Niyubahwe Gilbert·March 26, 2026
1 min
Umuyobozi w’umurenge ni muntu ki, kandi ashinzwe iki?
Politics

Umuyobozi w’umurenge ni muntu ki, kandi ashinzwe iki?

Umurenge mu Rwanda uyoborwa n’umunyamabanga nshingwabikorwa (Gitifu), ushyira mu bikorwa gahunda za Leta, ateza imbere imibereho y’abaturage kandi akurikirana ibikorwa byose by’umurenge. Gitifu agomba kuba intangarugero, akumva abaturage, akabegera kandi agafatanya nabo gukemura ibibazo. Umuyobozi mwiza w’umurenge ni ishingiro ry’iterambere, rikubakira ku bufatanye hagati y’abayobozi n’abaturage.

Niyikora Leah·March 19, 2026
2 min
Umukuru w’umudugudu: umuyobozi ufatwa nk’umurinzi w’imiryango
Politics

Umukuru w’umudugudu: umuyobozi ufatwa nk’umurinzi w’imiryango

Umukuru w’umudugudu ni umuyobozi wegereye abaturage kurusha abandi, ubana nabo buri munsi akabafasha gukemura ibibazo by’umutekano, imibereho n’amakimbirane. Akora ashingiye ku bushake n’ubwitange, akamenya abaturage be ku giti cyabo kandi agashyira mu bikorwa gahunda za Leta. Ni urufunguzo rw’amahoro n’iterambere rishingiye ku baturage.

Niyikora Leah·March 19, 2026
3 min
Eid al-Fitr Umunsi w’ibyishimo, gusabana n’ugusoza igisibo cya Ramadhan
Politics

Eid al-Fitr Umunsi w’ibyishimo, gusabana n’ugusoza igisibo cya Ramadhan

Mbere y’uko isengesho rya Eid ritangira, hari igikorwa cy’ingenzi cyane cyitwa Zakat al-Fitr.

Esther Uwiduhaye·March 19, 2026
2 min
Uburasirazuba bwa Congo buri mu bihe bikomeye
Politics

Uburasirazuba bwa Congo buri mu bihe bikomeye

M23 yongeye gukaza umurego: Uburasirazuba bwa Congo buri mu bihe bikomeye

Niyubahwe Gilbert·March 18, 2026
2 min
Impamvu Amerika na Iran badacana uwaka kugeza n’uyu munsi
Politics

Impamvu Amerika na Iran badacana uwaka kugeza n’uyu munsi

Amakimbirane hagati ya Amerika na Iran yatangiye cyane mu 1979 nyuma y’impinduramatwara yahinduye ubutegetsi muri Iran.

Niyubahwe Gilbert·March 18, 2026
1 min
1 2 3 7