Political news and analysis
Esther Uwiduhaye · May 18, 2026
Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan yageze i Kigali aho yitabiriye inama nyafurika igamije kuganira ku ikoreshwa ry’ingufu za Nikeleyeri mu guteza imbere amashanyarazi n’inganda muri Afurika.
Kabuga Félicien wari ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yapfiriye mu Buholandi aho yari afungiye kuva yafatirwa mu Bufaransa mu 2020. Urubanza rwe rwari rwarahagaritswe kubera ikibazo cy’uburwayi n’intege nke zo mu mutwe, bituma adashobora gukomeza kuburana. Yitabye Imana ategereje icyemezo cyo kurekurwa by’agateganyo no kwakirwa n’ikindi gihugu.
Mu mujyi wa Kigali, muri Kigali Convention Centre hari kubera inama mpuzamahanga ya Africa CEO Forum ihuje abakuru b’ibihugu, abayobozi b’ibigo bikomeye, abashoramari n’abafata ibyemezo baturutse mu bihugu birenga 70 byo muri Afurika no hanze yayo.
Perezida wa Paul Kagame yavuze ko Afurika ikwiye kwigira no kwanga gukomeza gukoreshwa n’amahanga ashaka inyungu zayo, cyane cyane mu bijyanye n’umutungo kamere
Kuri uyu wa Kabiri, Perezida Yoweri Museveni yarahiririye kuyobora Uganda muri manda ya 7 yikurikiranya kuva yagera ku butegetsi mu mwaka wa 1986, aho azayobora Uganda indi myaka 5. Uyu muhango witabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Abakuru b’Ibihugu n’abazagarariye Guverinoma.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, RCS, rwatangaje ko Karasira Aimable Uzaramba yapfuye nyuma yo kunywa imiti myinshi yari asanzwe afata ivura uburwayi bwo mu mutwe.
Umuyobozi w’Akagari ni umuntu uhagarariye ubuyobozi bwa Leta ku rwego rw’akagari kandi akorera hafi y’abaturage. Ashyirwaho n’ubuyobozi kugira ngo akemure ibibazo by’abaturage, abagezeho serivisi zinyuranye, ayobore inama z’abaturage, akurikirane ibikorwa by’iterambere n’imibereho, kandi afatanye n’inzego z’umutekano mu gukemura amakimbirane. Inshingano ze zirimo gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro y’inzego z’akarere n’umurenge, kugenzura gahunda z’ubudehe, ubwisungane mu kwivuza, imibare y’abaturage, n’ibindi bikorwa by’amatsinda n’ibimina. Umuyobozi w’akagari asabwa kuba intangarugero, kwicisha bugufi, gukorera abaturage, no kubashakira ibisubizo birambye. Uyu muyobozi ni urufunguzo rw’iterambere rishingiye ku bumwe n’ubufatanye hagati y’abayobozi n’abaturage, kuko iterambere n’amahoro arambye biva mu mikoranire myiza hagati y’impande zombi.
Goverinoma yafunze icyuho cyari mw'itegeko rigenga abakozi ba leta cyatumaga harizimwe munzego za leta zirenga kuburyo busanzwe bwogena imishahara ninyungu kubakozi zigashyiraho imishahara ukozishakiye ibyo bigatuma habaho ubusumbane bukomeye mu mishahara mubakozi ba leta bakora akazi ka leta kari kurwego rumwe bitewe nuko bakoreraga inzego zitandukanye .
Donald Trump yongeye gusaba Iran kugirana ibiganiro n’United States bigamije guhagarika intambara, ayiburira ko kutabyemera bizayiviramo ingaruka zikomeye. Nubwo Amerika ivuga ko Iran ishaka amasezerano, Tehran yo irabihakana kandi yanenze umugambi w’amahoro wa Amerika.
Umurenge mu Rwanda uyoborwa n’umunyamabanga nshingwabikorwa (Gitifu), ushyira mu bikorwa gahunda za Leta, ateza imbere imibereho y’abaturage kandi akurikirana ibikorwa byose by’umurenge. Gitifu agomba kuba intangarugero, akumva abaturage, akabegera kandi agafatanya nabo gukemura ibibazo. Umuyobozi mwiza w’umurenge ni ishingiro ry’iterambere, rikubakira ku bufatanye hagati y’abayobozi n’abaturage.
Umukuru w’umudugudu ni umuyobozi wegereye abaturage kurusha abandi, ubana nabo buri munsi akabafasha gukemura ibibazo by’umutekano, imibereho n’amakimbirane. Akora ashingiye ku bushake n’ubwitange, akamenya abaturage be ku giti cyabo kandi agashyira mu bikorwa gahunda za Leta. Ni urufunguzo rw’amahoro n’iterambere rishingiye ku baturage.
Mbere y’uko isengesho rya Eid ritangira, hari igikorwa cy’ingenzi cyane cyitwa Zakat al-Fitr.
M23 yongeye gukaza umurego: Uburasirazuba bwa Congo buri mu bihe bikomeye
Amakimbirane hagati ya Amerika na Iran yatangiye cyane mu 1979 nyuma y’impinduramatwara yahinduye ubutegetsi muri Iran.
Mu gihugu cya Iran, Umukuru w’Ikirenga ni we muyobozi ufite ububasha bukomeye kurusha abandi bose, umwanya watangiye gukomera nyuma ya Iranian Revolution yo mu 1979 yahinduye ubutegetsi bw’igihugu. Uwa mbere wabaye kuri uwo mwanya ni Ruhollah Khomeini, washyizeho imiyoborere ishingiye ku banyedini b’Abashiya, asimburwa na Ali Khamenei umaze imyaka irenga 30 ayobora igihugu.
Perezida wa Libani, Joseph Aoun, yasabye ibiganiro bitaziguye na Israel hagamijwe kugabanya amakimbirane n’umutwe wa Hezbollah ushyigikiwe na Iran.
Kaminuza ya Yonsei yo muri Koreya y’Epfo yahaye Perezida Paul Kagame impamyabumenyi y’ikirenga (PhD) y’icyubahiro mu miyoborere rusange, imushimira uruhare yagize mu kubaka imiyoborere myiza n’iterambere ry’u Rwanda.
U Rwanda rwatangiye ibiganiro na Leta Zunze Ubumwe za Amerika bigamije kwakira abimukira Amerika izirukana ku butaka bwayo. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe, yavuze ko ibi biganiro biri mu ntangiriro kandi ko bishingiye ku bushake bw’u Rwanda bwo gutanga amahirwe mashya ku bimukira. Ibi byakurikiye itangazo rya Marco Rubio wavuze ko Amerika ishaka ibihugu byakwakira abimukira bayo.
Join thousands of readers across Rwanda and the world