Weekend y’udushya muri sport: Intambara z’ibikombe, amanota n’intsinzi zikomeye!
Hari muri weekend taliki 2–3,Gicurasi 2026, Rwanda primus national league yarakomezaga habayemo imikino myishi karundura imwe yagomba gusiga amakipe amanuka andi ashimangira gukomeza guhanganira igikombe .
Mu Rwanda, shampiyona yakomeje gushyuha aho APR FC na Rayon Sports zanganyije 1-1, Al Hilal ikomeza kuyobora, naho AS Kigali y’abagore yegukana igikombe ku nshuro ya 10 yikurikiranya. Muri volleyball na basketball, amakipe nka REG VC na Police VC akomeje knitwear neza mu marushanwa akomeye ari kubera i Kigali.
Mu mahanga, FC Barcelona iri hafi kwegukana La Liga, Arsenal iyoboye shampiyona y’ubwongereza , naho Inter Milan yamaze kwegukana Serie A nyuma yo kwitwara neza mu mikino ya nyuma.
Rwanda Premier League (Gicurasi 2-3/2026)
APR FC na Rayon Sports byanganyije igitego kimwe kuri kimwe (1-1 ) mu mukino uzwi nka deribi y’urwimisozi igihumbi (1000 Hills Derby).
Byatumye Al Hilal SC ikomeje gushimangira kuyobora urutonde rwa shampiyona mu Rwanada nyuma yogutsinda AS Kigali ibitego bibiri kubusa (2-0) ifite amanota 64 kukinyuranyo cyamanota umunani ( 8 ) irusha APR FC Yakabiri ifite amanota 56 ikurikiwe na Al-Merrikh ifite 55 ya gatatu na Reyon ya kane ifite amanota 48 na police fc ifite amanota 45.
Nimugihe ekipe ya Rutsiro FC yashimangiraga kuguma muri shampiyona yikiciro cyambere mu Rwanda kutsinzi yakuye kuri Mukura Victory Sports iyitsindiye iwayo ibitego bibiri kuri kimwe cya Mukura (2-1).
Mubagore AS Kigali begukanye igikombe cya shampiyona ku nshuro ya cumi yikurikiranya nyuma yogutsinda Scandinavia igitego kimwe kubusa (1-0).
Nimugihe muri Volleyball CAVB Men’s Club Championship (Kigali)
Police VC ndetse na REG VC Bari gutera intambwe ikomeye muri irushanwa, aho bombi barwanira kugera ku mukino wa nyuma bazahuriramo n’amakipe yo muri Misiri.
REG VC yageze muri 1/2 cy’irangiza itsinze Kenya Port Authority naho mubagore Police VC yatsinzwe na Al Ahly, yegukanye igikombe cya Afurika cy’amakipe ku nshuro ya 17.
Muri Basketball Imikino ya kamarampaka ya BAL 2026 iri kubera i Kigali iri kwitabwaho cyane, aho ihuza amakipe akomeye yo muri Afurika muri BK Arena.
Imikino ya Kaminuza: Muri 1/4 cy’irangiza cya Rwanda Varsity League, East African University Rwanda - Kigali (EAUR) yanganyije na ULK Polytechnic ibitego 2-2.
Mu mahanga
Ikipe ya FC Barcelona yegereje cyane kwegukana igikombe nyuma yo gutsinda Osasuna ibitego 2-1. Yashyizeho ikinyuranyo cy’amanota 11 ifite amanita 88 naho Real Madrid yagize amanota 77 nyuma yogutsinda RCD Espanyol ibitego bibiri kubusa byatsinzwe na vinisiyasi junior byombi 2-0 nimugihe hasigaye imikino ine ngo shampiyona ya esipanye irangire.
Habayeho nindi mikino inyura aho: Villarreal 5-1 Levante, Valencia 0-2 Atletico Madrid, Alaves 2-4 Athletic Club, Celta Vigo 3-1 Elche, Getafe 0-2 Rayo Vallecano, Real Betis 3-0 Real Oviedo. Naho Sevilla iraza kumanuka mukibuga na Real Sociedad (taliki 4 Gicurasi)
Muri shampiyona y’ubwongereza (English Premier League (EPL)
Ikipe ya Arsenal ikomeje gushimangira umwanya wambere namanota 76 nyuma yogutsinda ibitego bitatu kubusa ikipe ya Fulham(3-0) ikurikiwe Manchester city ifite amanita 70 gusa ifite umukino w’ikirarane . Naho muntamabra yokurwanira kuza mumyanya ya bazahatanina mumikino ikomeye yomuburayi( Top 4 & European Battle) ikipe ya Manchester United yongeye kunezeza abakunzi bayo nyuma yogutsinda Liverpool ibitego bitatu kuri bibiri (3-2) murugo Old Trafford.
Nimugihe ekipe ya Tottenham Hotspur yatsinze Aston Villa ibitego bibiri kuri kimwe (2-1).
Indimikino :Brentford 3-0 West Ham, Newcastle 3-1 Brighton, Wolves 1-1 Sunderland, Bournemouth 3-0 Crystal Palace. Mu butaliyane Serie A Inter Milan yegukanye igikombe cya Serie A 2025/26 nyuma yo gutsinda Parma ibitego (2-0) muyindimikino: Sassuolo yatsinze AC Milan ibitego bibiri kubusa , Juventus inganya kimwe kuri kimwe na Verona(1-1), Udinese itsinda Torino bibiri kubusa (2-0), Como inganya ubusa kubusa na Napoli, Atalanta nayo inganya ubusa kubusa na Genoa naho Bologna yo inganya ubusa kubundi na Cagliari.