Uyu mufatanyabikorwa mushya aje nk'igisubizo kirambye ku bibazo by'amikoro bikunze gukoma mu nkokora iyi kipe ikunzwe na benshi mu Rwanda. Murenzi Abdallah yashimangiye ko kuba BK ari ikigo kinini cy’imari mu gihugu, bigiye gushyira akadomo ku bibazo by’ingengo y’imari n’imishahara y’abakinnyi n’abakozi itabonekera igihe. BK ije kwiyongera kuri Jayrutty Investment na yo bafitanye amasezerano y’imyaka itanu, ndetse mu minsi iri imbere amakipe yombi azerekana imyambaro mishya izaba iriho ibirango by’aba bafatanyabikorwa bombi.
Muri gahunda z’umwaka utaha w’imikino biteganyijwe ko uzatangira ku wa 4 Nzeri 2026, Rayon Sports irajwe ishinga no kwagura amarembo aho hari andi makompanyi agiye kuyitera inkunga irenga 30% cyangwa 40% ku ngengo y’imari yose. Muri abo bafatanyabikorwa bashya, harimo n’abazagira uruhare mu kugura imodoka nshya y’ikipe; ikintu kije cyitezweho kugabanya amamiliyoni agera kuri 50 Frw Murera yatangaga ku mwaka mu bijyanye n’ingendo
Rayon Sports yabonye umufatanyabikorwa mushya
Ubuyobozi bw’inzibacyuho bwa Rayon Sports burajwe imbere na Murenzi Abdallah, bwatangaje ko bwamaze gusinyana amasezerano y’imikoranire y’imyaka itanu na Banki ya Kigali (BK) we mufatanyabikorwa mukuru mushya guhera mu mwaka utaha w’imikino wa 2026-27. Ibi bije bikurikira iherezo ry’amasezerano iyi kipe yari ifitanye n’Uruganda rw’ibinyobwa rwa SKOL Brewery Ltd [SBL] rwafashe icyemezo cyo kutayavugurura, n’ubwo ubuyobozi bwa Gikundiro bugaragaza ko bugiteganya kuganira na SKOL kugira ngo harebwe uburyo imikoranire yari isanzwe yakomerezaho mu bundi buryo.
Esther Uwiduhaye
Join the Discussion
Related Articles
Myugariro wa Atlético Madrid, Robin Le Normand, ari mu Rwanda
Esther Uwiduhaye · June 19, 2026
Igikombe cy’Isi 2026 cyatangiranye ibirori bidasanzwe n’amakarita atatu atukura
Esther Uwiduhaye · June 12, 2026
Amateka mashya ashobora kwandikwa n'ibihangange by'umupira w'amaguru
Esther Uwiduhaye · June 11, 2026
Real Madrid yiteguye gukora amateka igura umukinnyi ku giciro kitari cyarigeze gitangwa
Esther Uwiduhaye · June 9, 2026
Police FC yarekuye abakinnyi batandatu barimo Byiringiro Lague
Esther Uwiduhaye · June 9, 2026
Umukinnyi wa Iraq yafungiwe amasaha arindwi ku kibuga cy’indege cya Chicago mbere y’Igikombe cy’Isi
Esther Uwiduhaye · June 8, 2026