Sign In Subscribe

Your trusted source for breaking news and in-depth analysis

⚡ Breaking
Language:
NEW

Umugenzuzi Mukuru w’Imari atunga agatoki ikibazo muri sisitemu ya NIDA

Lazizi News · Category

International

International news and events

79 Articles Updated daily
Top Story

Umukecuru yajyanye n’umuhungu we muri honeymoon

isingizwe benitha · July 9, 2025

Featured Stories

Filter:
Sort by:
Isiraheli yatangaje ko yicuza igitero cyahitanye abantu muri Kiliziya Gaturika ya Gaza
International

Isiraheli yatangaje ko yicuza igitero cyahitanye abantu muri Kiliziya Gaturika ya Gaza

Minisitiri w’intebe wa Isiraheli, Benjamin Netanyahu, yagaragaje agahinda gakomeye ku gitero cyagabwe ku rusengero rukuru rwa Kiliziya Gatolika ya Holy Family muri Gaza, cyahitanye abantu batatu bari bahahungiye. Netanyahu yavuze ko Isiraheli ikomeje iperereza ku byabaye kandi ko yifuza kurinda abasivile n’ibyicaro by’amadini, anasaba imbabazi ku cyago cyose cyatewe tutabigambiriye. Papa Leo wa XIV n’umushumba wa Kiliziya Gatolika muri Yeruzalemu bashimangiye agahinda kabo, basaba guhagarika intambara muri Gaza. Igisirikare cya Isiraheli cyatangaje ko iperereza ry’ibanze ryerekanye ko igisasu cyaguye ku rusengero mu buryo butateguwe, ariko icyateye icyateye gitero ntikiramenyekana neza. Umuvugizi wa Perezida Donald Trump yavuze ko Amerika itishimiye ibyabaye, kandi Perezida Trump yagiranye ikiganiro na Netanyahu aho yemejwe ko ari impanuka. Umupadiri w’iyo paruwasi, Padiri Gabriel Romanelli, arimo mu bakomerekeye. Iyi nkuru ikangurira ko intambara muri Gaza igomba guhagarara burundu.

isingizwe benitha·July 18, 2025
2 min
Perezida Museveni Asaba Ingabo za UPDF Kwigira Ku Bumenyi n’Uburyo Bujyanye n’Intambara zigezweho
International

Perezida Museveni Asaba Ingabo za UPDF Kwigira Ku Bumenyi n’Uburyo Bujyanye n’Intambara zigezweho

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yasabye abasirikare gukomeza kwihugura ku bijyanye n’intambara z’iki gihe, avuga ko intsinzi ishingira ku bumenyi n’ubuhanga mu gukoresha ibikoresho bya gisirikare. Ibi yabigarutseho mu muhango wo gusoza amasomo yihariye ku basirikare 413, arimo amasomo y’imodoka z’intambara n’imirimo ifitanye isano n’ubwirinzi. Museveni yagarutse ku mateka y’intambara z’abafite ibikoresho byiremereye, asobanura ko imodoka z’intambara zatangiye gusimbura amagare n’ingabo mu Ntambara ya Kabiri y’Isi, kandi ko ubu urugamba ruyoborwa n’ikoranabuhanga rigezweho nka drones n’ibisasu bifite precision. Yanenze ruswa mu gisirikare, asaba abasirikare kwita ku buzima bwabo no ku bikoresho, ndetse yashimiye abayobozi ba UPDF ku myitozo no ku bikorwa by’iterambere ry’ibikorwaremezo. Yibukije abasirikare gukoresha neza ibyo bize, kuba biteguye koherezwa igihe icyo ari cyo cyose, kandi ko ubufatanye, ubunyamwuga n’icyerekezo gishingiye ku bumenyi bugezweho bizubaka ingabo z’ejo hazaza.

isingizwe benitha·July 18, 2025
3 min
Ubushyamirane bwa Iran na Israel ibihugu bishobora kubigiraho ingaruka kw'Isi
International

Ubushyamirane bwa Iran na Israel ibihugu bishobora kubigiraho ingaruka kw'Isi

Intambara iri hagati ya Iran na Israel ishobora gukwira mu karere no ku rwego mpuzamahanga, igakurura ibihugu byinshi no guhungabanya ubukungu n’umutekano w’Isi.

isingizwe benitha·July 16, 2025
2 min
Abagabo batemye Igiti Cyakunzwe mu Bwongereza Bahanishijwe Imyaka Irenga 4 y’Igifungo
International

Abagabo batemye Igiti Cyakunzwe mu Bwongereza Bahanishijwe Imyaka Irenga 4 y’Igifungo

Abagabo babiri bo mu Bwongereza bahanishijwe igifungo kirengeje imyaka ine nyuma yo kwemera ko batemye igiti cy’ikirenga cya Sycamore Gap Tree hafi y’urukuta rwa Hadrian, icyahungabanyije amateka, ibidukikije n’ubukerarugendo.

isingizwe benitha·July 16, 2025
1 min
Umugore yinjije umwana mu Bwongereza akoresheje inkuru y’ikinyoma ku ivuka
International

Umugore yinjije umwana mu Bwongereza akoresheje inkuru y’ikinyoma ku ivuka

Umugore ukomoka muri Afurika y’Epfo yafunzwe mu Bwongereza nyuma yo kugerageza kwinjiza umwana mu buryo bunyuranyije n’amategeko, akoresheje impapuro z’impimbano n’ibinyoma avuga ko ari nyina. Inzego z’umutekano zisuzumye ibyangombwa byayo zisanga byinshi bitajyanye n’amategeko, kandi nyuma y’iperereza byemejwe ko umwana atari uwe.

isingizwe benitha·July 14, 2025
1 min
Umurambo wa Buhari wahoze ayobora Nigeria ugiye gutahukanwa, agashyingurwa mu buryo bworoshye
International

Umurambo wa Buhari wahoze ayobora Nigeria ugiye gutahukanwa, agashyingurwa mu buryo bworoshye

Muhammadu Buhari, wahoze ari Perezida wa Nigeria, witabye Imana afite imyaka 82 i London, azashyingurwa i Daura, mu ntara ya Katsina, kuwa Kabiri. Umuhango uzaba woroshye, ukurikije amategeko y’Idini ya Islam, nta bukaka bukomeye buzabamo. Buhari yayoboye Nigeria bwa mbere nka gisirikare (1983–1985) hanyuma akagaruka mu 2015 nk’umuyobozi watowe n’abaturage, akaba azibukwa ku bikorwa bye byo guhangana n’iterabwoba, kurwanya ruswa no guteza imbere igihugu. Perezida Bola Ahmed Tinubu yatanze icyunamo cy’iminsi irindwi kandi yasabye ko umurambo we uherekezwa mu cyubahiro n’ishema.

isingizwe benitha·July 14, 2025
3 min
Perezida Paul Biya w’imyaka 92 agiye kongera kwiyamamariza manda ya munani
International

Perezida Paul Biya w’imyaka 92 agiye kongera kwiyamamariza manda ya munani

isingizwe benitha·July 14, 2025
3 min
Polisi yo muri Pakistani yataye muri yombi abantu 149 bakoraga muri service center y’uburiganya.
International

Polisi yo muri Pakistani yataye muri yombi abantu 149 bakoraga muri service center y’uburiganya.

Polisi ya Pakistan yataye muri yombi abantu 149 bakekwaho gukora uburiganya bwa Ponzi muri call centre i Faisalabad, aho bashukaga abantu bashora amafaranga biciye ku mbuga nka TikTok, YouTube na Telegram. Abafashwe baturutse mu bihugu bitandukanye, barimo ab’Abanya-Pakistan, Abashinwa n’Abanya-Nigeria.

isingizwe benitha·July 11, 2025
2 min
Umutegetsi wa Gisirikare wa Myanmar yashimiye Donald Trump ku bihano by’ubucuruzi.
International

Umutegetsi wa Gisirikare wa Myanmar yashimiye Donald Trump ku bihano by’ubucuruzi.

Min Aung Hlaing, umuyobozi w’igisirikare cya Myanmar, yashimye Trump ku ibaruwa y’umusoro ku bicuruzwa, ayifata nk’ikimenyetso cyo kwemera ubutegetsi bwe, asaba ko ibihano by’ubukungu byakurwaho, ariko ntibyamenyekanye niba Amerika izabyemera.

isingizwe benitha·July 11, 2025
3 min
Etiyopiya, Eritereya n’Inzira Igana ku Ntambara Nshya
International

Etiyopiya, Eritereya n’Inzira Igana ku Ntambara Nshya

Mu kwezi kwa Kamena hagati, habaye umuhango ku kiraro cya Mereb uhuza Etiyopiya na Eritereya, werekanye kwiyunga kugaragara nyuma y’intambara ya Tigray. Ariko, ibyo ntibisobanura ko ubwiyunge cyangwa ubutabera bwagezweho, kuko umwuka w’ubushotoranyi ukomeje: Eritereya ishyigikira imitwe y’inyeshyamba muri Etiyopiya, naho TPLF ihangayikishije Addis Ababa ku buryo bw’amasezerano ya Pretoria.

isingizwe benitha·July 10, 2025
5 min
Yoon Suk Yeol wahoze ari Perezida wa Koreya y’Epfo yongeye gufatwa n’inzego z’umutekano.
International

Yoon Suk Yeol wahoze ari Perezida wa Koreya y’Epfo yongeye gufatwa n’inzego z’umutekano.

Perezida wahoze ari wa Koreya y’Epfo, Yoon Suk Yeol, yongeye gutabwa muri yombi, ashinjwa kugerageza gushyiraho ubutegetsi bwa gisirikare mu gihugu umwaka ushize. Urukiko Rukuru rwa Seoul rwataye Yoon muri yombi ku mpungenge ko ashobora gusibanganya ibimenyetso, nyuma yo kwirengagiza uburenganzira bw’abagize guverinoma ye no gutumiza inama idakwiye mbere yo gutangaza itegeko rya gisirikare.

isingizwe benitha·July 10, 2025
2 min
Iran yahagaritse imikoranire n’agashami ka UN gashinzwe intwaro za kirimbuzi
International

Iran yahagaritse imikoranire n’agashami ka UN gashinzwe intwaro za kirimbuzi

Perezida wa Iran, Masoud Pezeshkian, yihanangirije IAEA asaba ko ikuraho “ivangura n’ubutiriganya” mu micungire y’ingufu za kirimbuzi, niba ishaka ko ibiganiro bisubukurwa. Ibi yabivuze nyuma y’intambara y’iminsi 12 hagati ya Iran, Israel na Amerika, aho habaye ibitero ku bigo bya kirimbuzi bya Iran n’ibirindiro by’ingabo za Israel n’Amerika.

isingizwe benitha·July 10, 2025
2 min
Trump yongereye imisoro ku bicuruzwa biva muri koreya y'Epfo n’Ubuyapani
International

Trump yongereye imisoro ku bicuruzwa biva muri koreya y'Epfo n’Ubuyapani

Perezida Donald Trump yatangaje ko imisoro ku bicuruzwa biva muri Koreya y’Epfo n’Ubuyapani izazamuka ikagera kuri 25%, ikazatangira gushyirwa mu bikorwa ku ya 1 Kanama 2025. Ibi bije nyuma y’agahenge k’iminsi 90 yari yaratanze kugira ngo habeho ibiganiro. White House yavuze ko n’ibindi bihugu bizandikirwa, Trump akomeza gukoresha imisoro nk’igitutu mu biganiro by’ubucuruzi, nubwo bishobora kongera umwuka mubi mu bucuruzi mpuzamahanga.

isingizwe benitha·July 9, 2025
2 min
Umukecuru yajyanye n’umuhungu we muri honeymoon
International

Umukecuru yajyanye n’umuhungu we muri honeymoon

Inkuru ya Wall Street Journal igaragaza ko hari abashakanye bashya bahitamo kujyana n’ababyeyi babo, cyane cyane ba nyina, muri honeymoon yabo, bikitwa familymoon.

isingizwe benitha·July 9, 2025
2 min
Yapfuye amaze gutanga ubutumwa ku muryango we.
International

Yapfuye amaze gutanga ubutumwa ku muryango we.

Jeff Ramsey w’imyaka 61 yapfiriye mu mwuzure wabereye i Kerrville muri Texas nyuma yo kugaragaza ubutwari n’urukundo rudasanzwe. Mbere yo gutwarwa n’amazi, yahamagaye abana be abaha ubutumwa bwa nyuma bwo kubasezera no kubabwira ko abakunda, anarokora abandi bantu bari kumwe.

isingizwe benitha·July 9, 2025
1 min
Linda Yaccarino yeguye ku buyobozi bwa X, urubuga rwa Elon Musk, nyuma y’imyaka ibiri.
International

Linda Yaccarino yeguye ku buyobozi bwa X, urubuga rwa Elon Musk, nyuma y’imyaka ibiri.

Linda Yaccarino yeguye ku mwanya wa CEO wa X nyuma y’imyaka ibiri ayoboye uru rubuga rwa Elon Musk. Yari yaraje gufasha kugarura abamamaza no kunoza imikorere y’ubucuruzi, ariko bivugwa ko yahuye n’imbogamizi zo guhuza icyerekezo cye n’imiyoborere ya Musk. Kwegura kwe kongereye urujijo ku hazaza ha X, mu gihe Musk ashobora kongera kuyobora uru rubuga by’agateganyo.

isingizwe benitha·July 9, 2025
2 min
Abashakashatsi bagaragaje umujyi wa kera mu myaka 3,500 ishize Muri Peru
International

Abashakashatsi bagaragaje umujyi wa kera mu myaka 3,500 ishize Muri Peru

Abahanga mu bucukumbuzi bw’amateka batangaje ko bavumbuye umujyi wa kera witwa Peñico muri Peru, wubatswe mu myaka igera ku 3,500 ishize. Uwo mujyi wari ihuriro ry’ubucuruzi hagati y’inkombe za Pasifika, imisozi ya Andes n’ishyamba rya Amazon, ukagaragaza ko abaturage bo hambere bari bafite ubumenyi buhanitse mu myubakire n’imibanire. Peñico ifatwa nk’iyagiriye akamaro gakomeye mu gukomeza umurage w’umuco wa Caral, umwe mu mico ya kera cyane muri Amerika y’Epfo.

isingizwe benitha·July 7, 2025
2 min
Perezida w’imyaka 80 wa Uganda ashaka kongera gutegeka nyuma y’imyaka 40 ku butegetsi.
International

Perezida w’imyaka 80 wa Uganda ashaka kongera gutegeka nyuma y’imyaka 40 ku butegetsi.

Perezida Yoweri Museveni yongeye gutangazwa nk’umukandida w’ishyaka NRM mu matora ya 2026, bishobora gutuma akomeza gutegeka Uganda nyuma y’imyaka hafi 40 ku butegetsi. Avuga ko ashaka kugeza igihugu ku rwego rw’ubukungu buciriritse bwo hejuru, mu gihe abatavuga rumwe na we barimo Bobi Wine banenga igitugu n’ivangura rya politiki bikomeje kuranga imiyoborere ye.

isingizwe benitha·July 7, 2025
2 min
Abasirikare 5 ba Isirayeli biciwe mu majyaruguru ya Gaza, abandi 14 barakomereka
International

Abasirikare 5 ba Isirayeli biciwe mu majyaruguru ya Gaza, abandi 14 barakomereka

Ku wa 7 Nyakanga 2025, ingabo za Isirayeli zatangaje ko abasirikare batanu bishwe, abandi 14 bagakomereka mu gitero cyabereye i Beit Hanoun mu majyaruguru ya Gaza, bikekwa ko batezwe ibiturika ku muhanda. Ku ruhande rwa Palestine, abantu 18 bishwe mu bitero by’indege za Isirayeli mu duce twa Khan Younis na Nuseirat. Intambara ikomeje guteza umubabaro ukomeye ku basirikare no ku basivile, mu gihe ibikorwa by’ubuvuzi i Gaza bikomeje guhungabana.

isingizwe benitha·July 7, 2025
2 min
Texas benshi bari kuburirwa irengero bitewe n’imyuzure idasanzwe
International

Texas benshi bari kuburirwa irengero bitewe n’imyuzure idasanzwe

Imyuzure ikomeye yabaye muri Texas yo hagati yahitanye abantu barenga 100, abandi benshi baburirwa irengero, by’umwihariko mu Karere ka Kerr aho amazi yatwaye ikigo cy’abakobwa. Ibikorwa byo gutabara no gushakisha birakomeje nubwo bigoranye n’imvura ikomeje kugwa. Guverineri Greg Abbott yatangaje ko Leta izakomeza ubutabazi kugeza igihe umuntu wa nyuma abonywe.

isingizwe benitha·July 6, 2025
1 min