Nubwo ibiganiro byasubitswe, amasezerano yari yasinywe ku wa Gatatu hagati ya Perezida Donald Trump wa Amerika na Perezida Masoud Pezeshkian wa Iran akomeje gushyirwa mu bikorwa. Ingabo za Amerika zatangiye kuva mu bice zari zaragose hafi y’ibyambu bya Iran, mu gihe Iran nayo yongeye kwemera urujya n’uruza rw’amato y’ubucuruzi anyura mu nzira ya Hormuz. Gusa ku rundi ruhande, Israel yakomeje ibikorwa bya gisirikare muri Liban ivuga ko igamije kurwanya abarwanyi ba Hezbollah. Iran ivuga ko niba ibyo bitero bidahagaritswe, bishobora kugira ingaruka ku iyubahirizwa ry’amasezerano yo guhagarika imirwano.