Nubwo ibiganiro byasubitswe, amasezerano yari yasinywe ku wa Gatatu hagati ya Perezida Donald Trump wa Amerika na Perezida Masoud Pezeshkian wa Iran akomeje gushyirwa mu bikorwa. Ingabo za Amerika zatangiye kuva mu bice zari zaragose hafi y’ibyambu bya Iran, mu gihe Iran nayo yongeye kwemera urujya n’uruza rw’amato y’ubucuruzi anyura mu nzira ya Hormuz. Gusa ku rundi ruhande, Israel yakomeje ibikorwa bya gisirikare muri Liban ivuga ko igamije kurwanya abarwanyi ba Hezbollah. Iran ivuga ko niba ibyo bitero bidahagaritswe, bishobora kugira ingaruka ku iyubahirizwa ry’amasezerano yo guhagarika imirwano.
Ibiganiro bya Iran na Amerika byasubitswe ku munota wa nyuma
Ibiganiro by’ubuhuza byari guhuza Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran, byagombaga kubera mu Busuwisi ku wa Gatanu tariki ya 19 Kamena 2026, byasubitswe ku munota wa nyuma. Ibyo biganiro byari bigamije gusuzuma ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano yo guhagarika imirwano hagati y’ibihugu byombi. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Busuwisi ntiyatangaje impamvu nyamukuru yatumye ibyo biganiro bisubikwa. White House yari yatangaje ko Visi Perezida wa Amerika, JD Vance, n’itsinda yari ayoboye batagurutse i Washington berekeza i Geneva nk’uko byari biteganyijwe.
Esther Uwiduhaye
Join the Discussion
Related Articles
Trump yatangaje ko intambara na Iran irangiye, Iran irabihakana
Esther Uwiduhaye · June 12, 2026
ITANGAZO RITURUTSE MUBIRO BYA MINISTIRI W'INTEBE
Nshizirungu Christian · June 10, 2026
Mu nteko ishinga amategeko imitwe yombi yatangiye igihembwe cya 3 gisanzwe cy'umwaka wa 2025/2026
Nshizirungu Christian · June 5, 2026
IGIHANGO CY'URUNGANO:urubyiruko rwiyemeje kurinda amateka no kubaka ejo hazaza h'URWANDA
Nshizirungu Christian · June 4, 2026
Perezida Samia Suluhu Hassan yitabiriye inama mpuzamahanga i Kigali.
Esther Uwiduhaye · May 19, 2026
Kabuga Félicien yapfiriye i La Haye Mubuholndi atarangije kuburana kubyaha yari akurikiranweho bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Esther Uwiduhaye · May 18, 2026