David Stevenson, uhagarariye WFP muri RDC, yavuze ko buri munsi bakira ubutumwa bwinshi bw’abarwayi n’abari mu bikorwa byo kurwanya Ebola basaba ubufasha bw’ibiribwa. WFP ivuga ko yatangiye gahunda yo kugeza amafunguro ateguye ku bigo by’akato n’ahavurirwa abarwayi ba Ebola. Kuva iki cyorezo cyaduka muri Gicurasi 2026, Leta ya Congo ivuga ko abantu 896 bamaze kucyandura, mu gihe 232 bamaze guhitanwa na cyo. Kugeza ubu, nta muti cyangwa urukingo byemewe by’iyi Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo biraboneka.