Icyakora, Iran yahise yamagana ayo magambo, ivuga ko nta masezerano ya nyuma aragerwaho. Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Iran, Esmail Baghaei, yavuze ko ibyatangajwe na Trump bishingiye ku magambo gusa kuko ibiganiro bikiri gukomeza kandi nta mwanzuro wa nyuma urafatwa. Yongeyeho ko Iran yakomeje kugaragaza imirongo itagomba kurengwa mu biganiro, anenga ibikorwa bya Amerika ivuga ko rimwe na rimwe bibangamira inzira ya dipolomasi iri gukurikizwa n’abahuza barimo Qatar na Pakistan.
Nubwo Trump agaragaza icyizere ko amasezerano azagerwaho vuba, haracyari impaka ku ngingo zikomeye zirimo gahunda ya Iran y’intwaro za kirimbuzi, umutekano w’Inzira ya Hormuz, ibikorwa bya Israel muri Liban ndetse n’ikorwa ry’ingabo za Amerika mu Burasirazuba bwo Hagati. Mu minsi ishize impande zombi zongeye kugaragaraho ubushyamirane n’imirwano, ibintu bituma benshi bibaza niba koko amahoro arambye ashobora kugerwaho cyangwa niba amakimbirane ashobora kongera gufata indi ntera.
Trump yatangaje ko intambara na Iran irangiye, Iran irabihakana
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko amakimbirane yari amaze igihe hagati ya Amerika na Iran ageze ku musozo ndetse ko impande zombi ziri hafi gusinyira amasezerano mu Burayi. Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku wa 11 Kamena 2026, yavuze ko bumvikanye ku ngingo y’uko Iran itazigera itunga intwaro za kirimbuzi, ashimangira ko inyandiko z’amasezerano zigeze ku musozo kandi ko umuhango wo kuyasinya ushobora kuba vuba. Yavuze kandi ko yagiranye ibiganiro n’abayobozi bo mu bihugu byo mu Kigobe cy’Abarabu ndetse na Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, bose bakaba bishimiye aho ibintu bigeze.
Esther Uwiduhaye
Join the Discussion
Related Articles
ITANGAZO RITURUTSE MUBIRO BYA MINISTIRI W'INTEBE
Nshizirungu Christian · June 10, 2026
Mu nteko ishinga amategeko imitwe yombi yatangiye igihembwe cya 3 gisanzwe cy'umwaka wa 2025/2026
Nshizirungu Christian · June 5, 2026
IGIHANGO CY'URUNGANO:urubyiruko rwiyemeje kurinda amateka no kubaka ejo hazaza h'URWANDA
Nshizirungu Christian · June 4, 2026
Perezida Samia Suluhu Hassan yitabiriye inama mpuzamahanga i Kigali.
Esther Uwiduhaye · May 19, 2026
Kabuga Félicien yapfiriye i La Haye Mubuholndi atarangije kuburana kubyaha yari akurikiranweho bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Esther Uwiduhaye · May 18, 2026
Kigali yakiriye inama ikomeye ya Africa CEO Forum ihuje abayobozi n’abashoramari baturutse hirya no hino muri Afurika
Esther Uwiduhaye · May 15, 2026