Rusine yavuze ko Nkusi Arthur ari we wamuhaye amahirwe ya mbere yo gutaramira abantu nk’umunyarwenya, amufasha gukora igitaramo cye cya mbere ndetse anagira uruhare mu kubona amafaranga ya mbere menshi yinjije muri Comedy. Yongeyeho ko ari na we wamushakiye akazi ke ka mbere kuri Radio, ibintu avuga ko byahinduye ubuzima bwe ndetse bikamufasha gutera intambwe zikomeye mu rugendo rwe rw’umwuga.Mu gusubiza ubu butumwa, Nkusi Arthur yashimiye Rusine ku bw’icyizere n’ubucuti bwabo, avuga ko nubwo yaba yaragize uruhare mu rugendo rwe, impano, ubushake n’ubushobozi Rusine yari asanganywe ari byo byamugejeje ku rwego ariho uyu munsi. Kuri ubu, Rusine ni umwe mu banyarwenya n’abanyamakuru bafite izina rikomeye mu Rwanda, mu gihe Nkusi Arthur akomeje gushimwa nk’umwe mu bagize uruhare runini mu kuzamura uruganda rwa Comedy nyarwanda binyuze mu bikorwa bitandukanye birimo ibitaramo bya Seka Live.