Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Urwego rushinzwe Umuco n’Ubuhanzi muri Burkina Faso, Umuyobozi warwo Noélie Congo Salouka yavuze ko iki gihe kizakoreshwa mu gusuzuma no kuvugurura amategeko n’amabwiriza agenga amarushanwa y’ubwiza. Yagaragaje ko intego ari ugushyiraho uburyo bukomeye bwo kuyagenzura no kuyahuza n’indangagaciro z’umuco ndetse n’amahame igihugu cyifuza kwimakaza mu baturage bacyo.Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’igihe kinini hari impaka ku ruhare rw’aya marushanwa, aho bamwe mu baturage bayashinjaga gushyira imbere uburanga bw’inyuma gusa aho kwita ku bumenyi, ubushobozi n’uruhare rw’abakobwa mu iterambere ry’umuryango. Byongeye kandi, kugabanuka kw’abafatanyabikorwa n’abaterankunga byatumye abategura ayo marushanwa bahura n’ibibazo by’amikoro, ibintu byagize uruhare mu ifatwa ry’iki cyemezo cyo kuyahagarika by’agateganyo.