Isi yaba imeze ite mu gihe Izuba ryaba ridahari? Others

Isi yaba imeze ite mu gihe Izuba ryaba ridahari?

By Carine NIYAKIRE • March 20, 2026 • 3 min

Izuba rifite uruhare runini mu kubaho kw’Isi n’ibiyiriho byose. Riboneka ritanga urumuri n’ubushyuhe bituma ubuzima bushoboka..

Umubyeyi ubusobanuro bw’urukundo nyakuri Others

Umubyeyi ubusobanuro bw’urukundo nyakuri

By Esther Uwiduhaye • March 20, 2026 • 3 min

Urukundo nyakuri rugaragarira cyane mu rukundo rw’umubyeyi, kuko rugaragazwa mu bikorwa aho amagambo adahagije. Umubyeyi yitanga atizigamye, ahora hafi y’umwana mu bihe byose, amurinda, amwumva kandi amuhumuriza. Uru rukundo rutangira umwana akivuka, rukubakira ku kwihangana, impuhwe n’ubwitange, rukaba inkingi y’imibereho ya muntu.

Burya puwavuro ntizikora nk’ibirungo gusa Others

Burya puwavuro ntizikora nk’ibirungo gusa

By isingizwe benitha • March 20, 2026 • 1 min

Puwavuro (Bell pepper/Poivron) ni imboga zikura ku giti kigufi, zigira amabara atandukanye nk’icyatsi, umutuku n’umuhondo bitewe n’uko zakuze. Ziribwa mbisi cyangwa zitetse, zikungahaye kuri vitamin C na A bifasha umubiri n’amaso, zirimo fibre ituma igogora rikora neza kandi zongera uburyohe n’impumuro mu mafunguro.

Dore uko abantu batandukanye bumva inkomoko cyangwa icyerekezo cy’ubuzima Others

Dore uko abantu batandukanye bumva inkomoko cyangwa icyerekezo cy’ubuzima

By isingizwe benitha • March 20, 2026 • 2 min

Iki gitekerezo kigaragaza ko ubuzima bushobora gusobanurwa mu buryo butandukanye: nk’ingaruka z’amahitamo yacu, amahirwe, cyangwa gahunda y’ikirere n’Imana.

Yakomeje kuba uwo nshaka,nubwo atari njye we ashaka,kumwikuramo byarananiye Others

Yakomeje kuba uwo nshaka,nubwo atari njye we ashaka,kumwikuramo byarananiye

By Esther Uwiduhaye • March 19, 2026 • 2 min

Uyu muntu aravuga ku rukundo akunda ariko rutamusubiza, aho akomeza gukunda umuntu umubabaza kandi atita ku mutima we.

Gutunga imodoka mu Rwanda ninzozi, ukuri n’ibyo ukwiriye kumenya Others

Gutunga imodoka mu Rwanda ninzozi, ukuri n’ibyo ukwiriye kumenya

By isingizwe benitha • March 19, 2026 • 2 min

Gutunga imodoka ni inzozi nziza, ariko bisaba kwitegura neza mu bukungu no mu bitekerezo. Si amafaranga yo kuyigura gusa, ahubwo bisaba no kuyitaho binyuze mu misoro, ubwishingizi, lisansi, gusana no kuyisigasira. Kugura imodoka utiteguye bishobora kuyigira umutwaro aho kuyigira inyungu.

Isi yaba imeze ite mu gihe izuba ryaba ridahari? Others

Isi yaba imeze ite mu gihe izuba ryaba ridahari?

By isingizwe benitha • March 19, 2026 • 3 min

Iyi nkuru isobanura ko Izuba ari inkingi y’ubuzima ku Isi. Ribuze, Isi yahita ijya mu mwijima n’ubukonje bukabije, imibumbe ikazimira mu Isanzure, amazi agahinduka urubura, ikirere kikangirika, ibimera bigapfa kubera kubura urumuri, bigakurikirwa n’inyamaswa n’abantu. Nubwo ikoranabuhanga ryatuma abantu babaho igihe gito, ubuzima ku Isi ntibwashoboka burambye hatabayeho Izuba.

Nari nzi ko ari ibisanzwe, ariko ibimenyetso byamunyeretse nk’umukunzi w’ukuri Others

Nari nzi ko ari ibisanzwe, ariko ibimenyetso byamunyeretse nk’umukunzi w’ukuri

By Esther Uwiduhaye • March 19, 2026 • 3 min

Inkuru igaragaza ko urukundo nyakuri rutagaragarira mu magambo cyangwa mu byo umuntu akora gusa, ahubwo rugaragarira mu kwitonda, kwita ku wundi no kumwereka ko amwitayeho mu bihe byoroshye n’ibikomeye. Umukobwa wagaragaje ko yitaye ku mutima w’umusore atamubwiye gusa ibyo yifuza, ahubwo amubona, amubaza uko ameze, akamwubaha no kumutega amatwi. Ibyo bintu bito ariko bifite ishingiro, nko kumenya ko wacecetse, kugusubiza ubutumwa n’ubwo ufite akazi kenshi, cyangwa kumenya niba utekereza kimwe, byose byubaka urukundo rufite icyubahiro, kwitanga no kwizerana. Inkuru yerekana ko urukundo nyakuri rutishingira ku magambo meza cyangwa impano, ahubwo ruturuka ku kwitaho, kumva, no kuba hafi uwo ukunda igihe akeneye gushyigikirwa.

Urukundo ni iki koko? Ukuri abantu benshi batazi ku rukundo Others

Urukundo ni iki koko? Ukuri abantu benshi batazi ku rukundo

By Esther Uwiduhaye • March 19, 2026 • 2 min

Urukundo ni amarangamutima yihariye umuntu agirira undi cyangwa ikintu, akifuza ko kimeze neza, gatera imbere, kandi kumererwa neza. Ntirushingira ku nyungu, ubwiza cyangwa umutungo, ahubwo rishingira ku kwitangira, kwihanganirana no kubana n’uwo ukunda. Mu muryango n’ubuzima busanzwe, urukundo rugaragarira mu bikorwa: kumuba hafi, kumwumva, kumufasha no kumutega amatwi. Hari kandi urukundo rusumba umuntu umwe, rugakomera ku bantu bose, rugatanga impuhwe, amahoro n’ubutabera. Urukundo ni inkingi y’ubuzima, rutanga icyizere, ituze, ubumwe n’iterambere. Urukundo nyarwo rurubaka, ruratuza kandi rurakiza.

Amafaranga mu rukundo n'ubufasha cyangwa intandaro y’ibibazo? Others

Amafaranga mu rukundo n'ubufasha cyangwa intandaro y’ibibazo?

By Esther Uwiduhaye • March 19, 2026 • 2 min

Ni inshuro nyinshi twumva abantu bavuga ngo “nta rukundo rutagira amafaranga”, abandi nabo bati “urukundo nyarwo ntirureba amafaranga”.

Imbaraga z’amafaranga Others

Imbaraga z’amafaranga

By isingizwe benitha • February 17, 2026 • 2 min

Amafaranga afite uruhare runini mu mibereho ya muntu, afasha gufungura amahirwe mu burezi, ubuvuzi, ubucuruzi n’ingendo. Nubwo ashobora guteza imbere abantu n’igihugu, ashobora no kongera icyuho hagati y’abakire n’abakene bitewe n’uko akoreshwa. Icy’ingenzi si ukuyagira gusa, ahubwo ni ukumenya kuyacunga neza binyuze mu kuzigama, gushora imari no gutekereza ku hazaza. Amafaranga atatanga amahoro cyangwa urukundo, ariko kuyakoresha neza bigira uruhare rukomeye mu iterambere rirambye.

Biratangaje dore ikintu kingenzi amafaranga atagura, “Ubumuntu” Others

Biratangaje dore ikintu kingenzi amafaranga atagura, “Ubumuntu”

By isingizwe benitha • February 11, 2026 • 1 min

Ubumuntu ni imbaraga zihuza abantu, zituma twita ku bandi, tugafasha, tukubaha, kandi tukabana mu mahoro. Si intege nke, ahubwo ni uburyo bwo kubaho butanga ituze n’agaciro ku bandi n’ubu buzima bwacu. Mu isi yuzuyemo amakimbirane n’umunaniro, gukora ibikorwa by’ubumuntu bishobora guhindura ubuzima bw’abandi ndetse n’ubwacu.

Imijyi yo muri Afurika yagaragaye ku rutonde rw’imijyi y’akataraboneka ku isi muri 2025 Others

Imijyi yo muri Afurika yagaragaye ku rutonde rw’imijyi y’akataraboneka ku isi muri 2025

By isingizwe benitha • January 19, 2026 • 2 min

Muri 2025, imijyi itatu yo muri Afurika yagaragaye mu mijyi 50 ya mbere ku isi ku rutonde rwa Time Out:Cape Town (Afurika y’Epfo): Umujyi ugaragaza ubwiza nyaburanga, amateka akungahaye n’imico itandukanye; 97%

Umutwe ushishoza urusha intwaro imbaraga Others

Umutwe ushishoza urusha intwaro imbaraga

By isingizwe benitha • January 17, 2026 • 1 min

Iyi nkuru igaragaza ko mu buzima, ubwenge n’ubushishozi biruta imbaraga z’umubiri n’intwaro. Igaragaza ko gutekereza neza no gukoresha ubwenge

Ijambo ry’Ubwenge: Umutwe ushishoza urusha intwaro imbaraga Others

Ijambo ry’Ubwenge: Umutwe ushishoza urusha intwaro imbaraga

By Carine NIYAKIRE • October 7, 2025 • 1 min

Mu buzima, abantu bahatana mu buryo butandukanye, ariko ubwenge n’ubushishozi birusha imbaraga z’umubiri n’intwaro agaciro. Ubwenge butuma umuntu yirinda intambara, agakemura ibibazo atarwanye, kandi bugahindura ibidashoboka bikaba ibishoboka. Iyi nkuru yibutsa ko gutekereza, guhanga udushya no guharanira amahoro ari byo bigomba gushyirwa imbere kuruta guhangana n’imbaraga.

Agashya:Yise umwana we shampiyona y’isi yamagare Others

Agashya:Yise umwana we shampiyona y’isi yamagare

By isingizwe benitha • September 27, 2025 • 1 min

Mu gihe u Rwanda rwakiraga bwa mbere shampiyona y’isi y’amagare ku mugabane wa Afurika, ibyishimo byari byinshi. Umubyeyi wo mu karere ka Gasabo, ABIMPAYE Gentille, yafashwe n’inda ajya kureba ayo marushanwa, abyara umwana w’umukobwa amwita Ange UCI Noella, izina rikomoka kuri Union Cycliste Internationale (UCI) mu rwego rwo kwishimira iri rushanwa ridasanzwe ryabereye bwa mbere muri Afurika.

Umunsi wa Girl Friend ni munsi udasanzwe wo kwibuka inshuti yihariye Others

Umunsi wa Girl Friend ni munsi udasanzwe wo kwibuka inshuti yihariye

By Esther Uwiduhaye • August 1, 2025 • 1 min

Tariki ya 1 Kanama hizihizwa National Girlfriend Day, umunsi ugamije gushimira no kugaragariza urukundo umukobwa ukundwa cyangwa inshuti y’umukobwa yihariye. Nubwo atari umunsi mpuzamahanga wemewe, watangiriye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu 2002 maze ukwirakwira mu bihugu byinshi binyuze ku mbuga nkoranyambaga. Uyu munsi ukoreshwa mu kugaragaza ko abakunzi cyangwa inshuti z’abakobwa bazirikana urukundo n’ubufatanye, binyuze mu mpano, ubutumwa bw’urukundo, indabo cyangwa gusabana byihariye. Si uw’abakundana gusa, kuko unifashishwa no kwizihiza ubucuti bwihariye hagati y’inshuti z’abakobwa. Muri rusange, National Girlfriend Day wibutsa akamaro ko kwita ku mibanire, kuyubaha no kuyubakira ku rukundo n’ukwizera

Zimwe mu ngaruka utaruzi zituruka ku mikoreshereze mibi ya telefone zigezweho Others

Zimwe mu ngaruka utaruzi zituruka ku mikoreshereze mibi ya telefone zigezweho

By isingizwe benitha • July 31, 2025 • 2 min

Nubwo telefone zigezweho zifite akamaro kanini mu itumanaho n’imyidagaduro, ziri no kwangiza umubano w’abantu, cyane cyane mu rukundo no mu miryango. Gukoresha telefone birenze urugero bituma abantu birengagiza abo bari kumwe, bigateza kubura itumanaho ryimbitse, ishyari n’amakimbirane. Ibi bigira ingaruka mbi ku bashakanye no ku mibanire y’ababyeyi n’abana. Kugabanya gukoresha telefone no gushyira imbere kuganira imbonankubone ni ingenzi mu kubaka umubano ukomeye n’umuryango utekanye.

 Iki kimenyetso kigaragara nk’icyoroheje gishobora kugaragaza ko uwo mukundana aguca inyuma Others

Iki kimenyetso kigaragara nk’icyoroheje gishobora kugaragaza ko uwo mukundana aguca inyuma

By Esther Uwiduhaye • July 28, 2025 • 1 min

Umugenzuzi wihariye mu by’iperereza ku bakundana, Tom Martin, avuga ko hari ibimenyetso bito abantu bakunda kwirengagiza nyamara bikunze kugaragaza ko uwo mukundana ashobora kuba aguca inyuma. Muri byo harimo kwica gahunda nta mpamvu isobanutse, guhindura imyitwarire isanzwe cyane cyane ku ikoreshwa rya telefoni, ku myambarire, no ku gihe ataha. Impinduka zitunguranye mu kwitwara no mu kwitaho zishobora kuba ikimenyetso cy’ibanga rihishwe. Martin ashimangira ko guca inyuma bitangira kenshi bigaragazwa n’ibintu bito bigenda byiyongera buhoro buhoro. Inama itangwa ni ugutitonda, kuganira neza n’uwo mukundana no kwirinda gufata imyanzuro yihuse utarabona ibimenyetso bihagije.

Yahisemo gushaka igipupe aho gukundana n’umuntu Others

Yahisemo gushaka igipupe aho gukundana n’umuntu

By Esther Uwiduhaye • July 28, 2025 • 2 min

Mu gihe isi ihanganye n’iyongera ry’amatandukana n’amakimbirane mu miryango, hari abantu bahisemo inzira zidasanzwe zo gushaka umunezero n’umutekano w’amarangamutima. Mu Bwongereza, Davecat yamenyekanye cyane kubera icyemezo cyo “gushakana” n’igipupe (sex doll), avuga ko amaze imyaka irenga 15 abana na cyo nk’umugore we.