Impamvu impeta y’abashakanye yambarwa ku rutoki rwa kane rw’ikiganza cy’ibumoso Education

Impamvu impeta y’abashakanye yambarwa ku rutoki rwa kane rw’ikiganza cy’ibumoso

By Esther Uwiduhaye • March 20, 2026 • 2 min

Kwambara impeta y’abashakanye ku rutoki rwa kane rw’ikiganza cy’ibumoso ni umuco ufite imizi mu mateka ya kera n’imyemerere itandukanye. Watangiriye mu Misiri ya kera binyuze mu gitekerezo cya “vena amoris”, cyizeraga ko uwo rutoki ruhuzwa n’umutima, bikaba ikimenyetso cy’urukundo ruhoraho. Uyu muco wakwirakwijwe n’Abaroma n’Abagriki, nyuma wemerwa cyane mu Bukirisitu bwo mu Burayi bwo mu kinyejana cya 11 n’icya 12, aho impeta yabaye ikimenyetso cy’isezerano ryera ry’abashakanye.

Wigeze gufatirwa muri Yellow Box? Dore amakosa abashoferi benshi bakora batabizi Education

Wigeze gufatirwa muri Yellow Box? Dore amakosa abashoferi benshi bakora batabizi

By isingizwe benitha • March 20, 2026 • 2 min

Mu mujyi wa Kigali hashyizweho Yellow Box Junction mu rwego rwo kugabanya umuvundo no kunoza imigendere y’imodoka. Ni agace k’umuhanda kagaragazwa n’imirongo y’umuhondo aho imodoka zitemerewe guhagarara keretse niba inzira igana aho ujya ifunguye.

Inama ku Burezi n’Umurimo iri kwiga ku Guhuza Ubumenyi butangwa n’Amashuri n’Ibisabwa ku Isoko ry’Umurimo Education

Inama ku Burezi n’Umurimo iri kwiga ku Guhuza Ubumenyi butangwa n’Amashuri n’Ibisabwa ku Isoko ry’Umurimo

By cyiza joseph • January 26, 2026 • 1 min

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo hamwe na Minisiteri y’Uburezi bateraniye mu nama igamije guhuza ubumenyi butangwa n’amashuri n’ibisabwa ku isoko ry’umurimo. Inama yibanze ku kureba aho isoko rihagaze no gutegura abanyeshuri barangiza amasomo bashobore guhangana n’ibyo basabwa, hagamijwe ko amashuri bigisha ubumenyi bukenewe mu kazi.

Itangazo ryerekeye ingendo mugihe cy’iminsi mikuru Education

Itangazo ryerekeye ingendo mugihe cy’iminsi mikuru

By isingizwe benitha • December 15, 2025 • 1 min

Umujyi wa Kigali uramenyesha abagenzi bose ko, mu rwego rwo kuborohereza ingendo mu minsi mikuru isoza umwaka n’itangira uwushya, hateganyijwe gahunda yihariye yo gutwara abagenzi.byumwihariko umujyi wa Kigali urashishikariza abifuza gukora ingendo mugihe cy’iminsi mikuru ko bashaka ama tike(ticket) hakiri kare murwego rwo kwirinda umuvundo.

Sobanukirwa uko wakorora inkoko zitanga amagi Education

Sobanukirwa uko wakorora inkoko zitanga amagi

By Carine NIYAKIRE • December 7, 2025 • 3 min

Ubworozi bw’inkoko zitera amagi bukomeje kwitabirwa kubera umusaruro mwinshi n’uko zororoka vuba. Dr Mberabagabo Etienne avuga ko umworozi agomba gutegura neza ingengo y’imari, aho igice kinini kigenerwa ibiryo, akanategura inyubako yujuje ibisabwa. Inkoko zitangira gutera amagi guhera ku cyumweru cya 20, zigahabwa ibiryo n’ubwishingizi bikwiye, amagi agakurwamo kenshi. Inkoko imwe ishobora gutanga amagi agera kuri 320 ku mwaka, kandi amagi ashobora kubikwa igihe runaka, bigatuma ubu bworozi budasaba ubutaka bunini kandi bukunguka.

Amashuri yo mu Mujyi wa Kigali azafungwa by’agateganyo mu gihe cya Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025 Education

Amashuri yo mu Mujyi wa Kigali azafungwa by’agateganyo mu gihe cya Shampiyona y’Isi y’Amagare 2025

By cyiza joseph • September 10, 2025 • 2 min

Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye n’Umujyi wa Kigali yatangaje ko amashuri yose yo mu Mujyi wa Kigali azafungwa by’agateganyo kuva ku ya 21–28 Nzeri 2025 kubera Shampiyona y’Isi y’Amagare. Amasomo azasubukurwa ku ya 29 Nzeri 2025, amashuri ategure gusubiza amasomo atazigishijwe kandi hifashishwe ikoranabuhanga. Ababyeyi n’abarezi barashishikarizwa gufasha abanyeshuri gufata iri rushanwa nk’isomo ry’inyongera n’uburyo bwo kwigira hanze y’ishuri.

Umwana wishyimye mu muryango utekanye, intego za Hello kids ihumure club Education

Umwana wishyimye mu muryango utekanye, intego za Hello kids ihumure club

By cyiza joseph • September 8, 2025 • 3 min

Abana 104 bibumbiye muri Hello Kids Ihumure Club bo mu Murenge wa Gatenga bizihije umunsi wo gusezera ibiruhuko binyuze mu biganiro, imikino n’imbyino. Iyi club yashinzwe na Gahongayire Eugénie ifasha abana, cyane cyane abahuye n’ibibazo bitandukanye, gusabana, kwigishwa indangagaciro no kongera kwisanga mu miryango yabo. Ku bufatanye n’inzego z’ibanze n’abafatanyabikorwa nka CNF, Abubatsi b’Amahoro na SOS Seruka, iyi club imaze kuba icyizere ku bana barenga 100, ikabafasha gukomeza ishuri no kugira ejo hazaza heza.

Ese waruziko kuruhuka ari ingenzi? Kuruhuka neza ni inkingi y’ubuzima buzira umuze Education

Ese waruziko kuruhuka ari ingenzi? Kuruhuka neza ni inkingi y’ubuzima buzira umuze

By isingizwe benitha • July 23, 2025 • 2 min

Kuruhuka ni ingenzi ku buzima bwo mu mutwe n’ubw’umubiri, si ubunebwe. Bituma ubwonko bwisubiraho, umuntu agatekereza neza, akagira ituze n’imbaraga zo guhangana n’ubuzima. Kutaruhuka bigira ingaruka mbi zirimo umunaniro, ihungabana no gucika intege. Gufata igihe cyo gusinzira neza, gutuza no kwiyitaho ni inkingi y’imibereho myiza n’iterambere rirambye.

Minisitiri w’Uburezi yamaze impungege ababeshywe ko Leta izongera amafaranga y’ishuri Education

Minisitiri w’Uburezi yamaze impungege ababeshywe ko Leta izongera amafaranga y’ishuri

By cyiza joseph • July 20, 2025 • 1 min

Minisitiri w’Uburezi Joseph Nsengimana yashyizeho iherezo ku makuru avuga ko Leta izongera amafaranga y’ishuri cyangwa ifunguro ry’abana, avuga ko ari ibihuha. Leta isanzwe yishyurira abana FRW 8,775 ku gihembwe ku ifunguro, mu gihe ababyeyi basabwa gutanga FRW 975 ku gihembwe, ariko bagakora uruhare rwabo mu buryo bwuzuye.

Amafaranga ni imibare gusa, ntarangira ntukagire uwo uhemukira kubera amafaranga Education

Amafaranga ni imibare gusa, ntarangira ntukagire uwo uhemukira kubera amafaranga

By isingizwe benitha • July 20, 2025 • 2 min

Nubwo amafaranga ari ingenzi mu buzima, si yo soko y’umunezero n’agaciro k’umuntu. Kuyashyira imbere y’indangagaciro bituma abantu bagwa mu bikorwa bibi no gutakaza icyizere. Ikirenze amafaranga ni ubupfura, urukundo n’ubunyangamugayo. Amafaranga ashobora kubura, ariko umuntu uzi kubaha abandi no gukora mu kuri agumana agaciro n’amahoro arambye.

Ishusho y’uburezi mu isi y’ikoranabuhanga Education

Ishusho y’uburezi mu isi y’ikoranabuhanga

By cyiza joseph • July 15, 2025 • 2 min

Uburezi burahinduka bukajyana n’igihe, bushingiye ku ikoranabuhanga, guhanga udushya n’ubumenyi ngiro. AI, telefone na mudasobwa byorohereza abarimu no gufasha abanyeshuri kwiga neza. Ejo hazaza h’uburezi hazibanda ku gukora, guhanga no kumenya ikoranabuhanga, aho gufata mu mutwe gusa, kugira ngo abanyeshuri bitegure guhangana n’isi ya none.

Uburezi bw’umukobwa, inzira y’iterambere rirambye Education

Uburezi bw’umukobwa, inzira y’iterambere rirambye

By cyiza joseph • July 15, 2025 • 1 min

Guteza inkunga uburezi bw’umukobwa bifasha we ubwe, umuryango we n’igihugu muri rusange. Umukobwa wize abasha kwirinda ibibazo by’ubukene n’ihohoterwa, akagira ubumenyi, icyizere n’ubushobozi bwo kuyobora no gutanga umusanzu mu iterambere. Uburezi bw’abakobwa bugabanya ubusumbane, buzamura imibereho y’imiryango kandi bukagira uruhare rukomeye mu iterambere rirambye ry’igihugu.

Uburezi kuri bose n’inkingi y’uburinganire, ubumwe n’iterambere ry’abana bose muri iyi si itandukanye kandi ihujwe n’ikoranabuhanga, uburezi kuri bose bugaragara nk’imbarutso ikomeye mu gukemura ibibazo by’uburezi bugezweho. Ntabwo ari amagambo gusa, ahub Education

Uburezi kuri bose n’inkingi y’uburinganire, ubumwe n’iterambere ry’abana bose muri iyi si itandukanye kandi ihujwe n’ikoranabuhanga, uburezi kuri bose bugaragara nk’imbarutso ikomeye mu gukemura ibibazo by’uburezi bugezweho. Ntabwo ari amagambo gusa, ahub

By cyiza joseph • July 15, 2025 • 2 min

Uburezi kuri bose ni uburyo bwo kwigisha bwubaha itandukaniro ry’abanyeshuri, bukabaha amahirwe angana yo kwiga no kwiteza imbere nta vangura. Bugabanya ivangura, bugateza uburinganire kandi bukazamura ireme ry’uburezi binyuze mu kwigisha kwihariye kandi guhuza abanyeshuri. Ubu burezi bwigisha kubahana, gukorana no kwakira itandukaniro, bikaba umusingi w’ejo hazaza heza kuri buri mwana no ku muryango mugari.

Abanyeshuri bajya kwiga muri Canada barasabwa amikoro ahagije guhera Nzeri 2025 Education

Abanyeshuri bajya kwiga muri Canada barasabwa amikoro ahagije guhera Nzeri 2025

By cyiza joseph • July 15, 2025 • 2 min

Guhera ku ya 1 Nzeri 2025, Canada yazamuye amafaranga abanyeshuri mpuzamahanga bagomba kugaragaza kugira ngo bemererwe visa yo kwiga, ava kuri CAD $20,635 agera kuri CAD $22,895, atabariwemo amafaranga y’ishuri n’izindi ngendo. Abajyana n’imiryango bagomba kugaragaza amafaranga menshi kurushaho bitewe n’umubare w’abo bajyanye. Izi ngamba zigamije gufasha abanyeshuri gutura neza no kwirinda ubukene bitewe n’izamuka ry’ibiciro by’ubuzima. Abanyeshuri barasabwa gutegura hakiri kare ibimenyetso bifatika by’amafaranga, kuko dosiye itujuje ibisabwa izajya yangwa vuba.

Gushishikariza umwana gusoma ibitabo akiri muto ni inkingi y’ubwenge n’imikurire myiza Education

Gushishikariza umwana gusoma ibitabo akiri muto ni inkingi y’ubwenge n’imikurire myiza

By cyiza joseph • July 15, 2025 • 3 min

Gusomera umwana akiri muto bifasha ubwonko bwe gukura neza, kumenya amagambo menshi, kuvuga no gutekereza neza. Gusoma byongera ubushobozi bwo kwibanda, kwihangana no gukemura ibibazo, bikamufasha no mu masomo yose. Bituma kandi habaho umubano mwiza hagati y’umwana n’ababyeyi, bikamwigisha indangagaciro, impuhwe n’imibanire myiza. Guhitamo ibitabo bijyanye n’imyaka y’umwana no gusoma buri munsi ni ishingiro ry’intsinzi ye mu buzima.

Ubukene, abarimu bake n’access y’ibikorwaremezo bigira ingaruka ku burezi bw’abana Education

Ubukene, abarimu bake n’access y’ibikorwaremezo bigira ingaruka ku burezi bw’abana

By cyiza joseph • July 15, 2025 • 2 min

Abana bamwe mu Rwanda baracyahanganye n’imbogamizi zitandukanye zirimo ubukene, ibikorwaremezo bidahagije n’imyitwarire mibi mu mashuri, bigatuma batabasha gusoza amashuri abanza.

Ibintu abantu duhugiyemo bitwica gake gake tutabizi Education

Ibintu abantu duhugiyemo bitwica gake gake tutabizi

By isingizwe benitha • July 14, 2025 • 2 min

Hari imyitwarire abantu bafata nk’isanzwe ishobora kwangiza ubuzima bucece, nko kudasinzira bihagije, kurya fast food, kudakora imyitozo ngororamubiri no gukoresha ikoranabuhanga birenze urugero. Ibi bishobora gutera indwara z’umutima, diyabete, umunaniro, stress n’ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe. No kwirengagiza kunywa amazi ahagije, kwisuzumisha no kwirinda ibisindisha bigira ingaruka zikomeye. Guhindura uko tubaho no kwita ku buzima bwa buri munsi ni ingenzi mu kubaka ubuzima burambye.

Ibihugu 6 byemerera abanyeshuri mpuzamahanga kuzana n’imiryango yabo Education

Ibihugu 6 byemerera abanyeshuri mpuzamahanga kuzana n’imiryango yabo

By cyiza joseph • July 12, 2025 • 3 min

Nubwo kwiga mu mahanga bikunze gusaba gutandukana n’umuryango, hari ibihugu byorohereza abanyeshuri mpuzamahanga kuzana imiryango yabo. Australia, Canada, Germany, New Zealand, Finland n’Ubwongereza byemerera abanyeshuri kuzanana n’abafasha n’abana, bakabaha uburenganzira bwo kuba no gukora, ndetse abana bakabona uburezi. Izi politiki zituma umunyeshuri abasha kwiga neza atari wenyine, ari kumwe n’umuryango we.

Ibizamini bya Leta bisoza icyiciro rusange(o’level) n’icya kabiri(A’level) bizatangira ku wa 9 Nyakanga 2025 Education

Ibizamini bya Leta bisoza icyiciro rusange(o’level) n’icya kabiri(A’level) bizatangira ku wa 9 Nyakanga 2025

By cyiza joseph • July 9, 2025 • 1 min

NESA yatangaje ko ibizamini bya Leta bya O-Level na A-Level 2024/2025 bizaba kuva ku ya 9–18 Nyakanga 2025 mu bigo 1,595 hirya no hino mu gihugu. Abiyandikishije ni 149,134 muri O-Level na 106,364 muri A-Level. Abakandida bafite ubumuga bazahabwa ubufasha bwihariye, kandi bose basabwe gukora ibizamini birangwa n’imico myiza birinda gukopera.

Perezida Kagame yifatanyije n’itsinda ry’impuguke ku isakazabumenyi ku isi mu kwizihiza imyaka 15 Education

Perezida Kagame yifatanyije n’itsinda ry’impuguke ku isakazabumenyi ku isi mu kwizihiza imyaka 15

By cyiza joseph • July 6, 2025 • 2 min

Ku Cyumweru tariki ya 6 Nyakanga 2025, Perezida Paul Kagame yifatanyije n’Itsinda rya Broadband Commission for Sustainable Development muri Village Urugwiro mu kwizihiza imyaka 15 rimaze rishishikariza kugeza internet kuri bose. Perezida Kagame, umwe mu bariongozi baryo ku rwego mpuzamahanga, yashimangiye ko internet ari uburenganzira n’isoko y’amahirwe n’iterambere rirambye, ashimirwa uruhare rwe mu guteza imbere ikoranabuhanga ku Isi.