NEYMAR YONGEYE KUTITABIRA UMUKINO KU ISABUKURU YA MUSHIKI WE
Ku nshuro ya 10 mu myaka 12, Neymar Jr ntiyitabiriye umukino wa Santos FC wahuriranye n’isabukuru ya mushiki we, Rafaella Santos, nyuma yo kuvurwa imvune no kugira umunaniro w’imikaya. Ibi byagarutsweho cyane n’abafana n’ibinyamakuru byo muri Brazil, kubera umubano wihariye wa Neymar na mushiki we, wagaragajwe no kugira tattoo y’isura ye ku kaboko. Neymar yasobanuye ko kutitabira umukino bidaterwa n’ibyiyumvo, ahubwo ari ingamba zo kwirinda. Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Brazil, Carlo Ancelotti, ntiyabashije kureba umukino mbere yo kwemeza abakinnyi bazitabira igikombe cy’isi, kandi Neymar ntibiramenyekana niba azahabwa amahirwe yo kwitabira bitewe n’imvune zagiye amugiraho mu myaka yashize.



