Inama y’abaminisitiri yemeje amasezerano y’amahoro y’u Rwanda na RDC, Impiduka mu buyobozi
Ku wa 16 Nyakanga 2025, Perezida Paul Kagame yayoboye inama y’abaminisitiri mu Village Urugwiro, aho hafatwaga imyanzuro y’ingenzi ku mutekano n’iterambere. Harimo kwemeza amasezerano y’amahoro na RDC (27 Kamena 2025), gutegura itegeko ryemeza ayo masezerano, gushyigikira impushya nshya mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, no gushyiraho abayobozi bashya: Hortense Mudenge nka CEO wa KIFC na Amb. Vincent Karega muri Algeria. Ibi bizateza imbere umutekano, ishoramari n’imikoranire ya dipolomasiy.



