Ese kuri social media wahakura uwo muzabana akaramata? Others

Ese kuri social media wahakura uwo muzabana akaramata?

By Esther Uwiduhaye • June 1, 2025 • 2 min

nka Facebook, Instagram, WhatsApp na TikTok. Hari inkuru nziza z’abantu bahuye kuri social media bakubaka urukundo rukomeye, ariko hari n’izirimo uburiganya n’amarira bihishe inyuma y’amafoto meza n’amagambo aryoshye. Urukundo rushobora gutangira kuri social media, ariko ntirukomera keretse rwinjiye mu buzima nyabwo. Gukundana bisaba ukuri, kwizerana, kumenyana byimbitse no kubona uko umuntu yitwara mu buzima busanzwe, atari mu mafoto n’ama “filter.” Social media ni inzira yo guhura, si yo shingiro ry’urukundo nyarwo. Mu ncamake, social media si umwanzi w’urukundo, ariko ntigomba gusimbura ukuri, ubwubahane n’ibikorwa bifatika. Urukundo rw’ukuri rugaragarira mu bikorwa byo mu buzima busanzwe, si mu magambo n’amashusho yo kuri murandasi gusa.

Teddy Gacinya wayoboye AS Kigali WFC yitabye Imana Others

Teddy Gacinya wayoboye AS Kigali WFC yitabye Imana

By isingizwe benitha • May 31, 2025 • 1 min

Umubyeyi Teddy GACINYA, wari umunyabigwi mu Rwanda, wabayoboye kipe y’abagore ya AS KIGALI kuva 2009 kugeza 2022 kandi akaba CEO w’ikigo cy’amashuri y’incuke n’abana CITY INFANTS, yitabye Imana ku wa Gatandatu tariki 31/05/2025 azize uburwayi. Yabaye kandi Umu Senateri ku wa 16/08/2011 asimbuye Aloysia INYUMBA wari Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango. Imana Imutuze aheza!

Agakiriro ka Gisozi kongeye gufatwa n’inkongi y’umuriro Others

Agakiriro ka Gisozi kongeye gufatwa n’inkongi y’umuriro

By isingizwe benitha • May 30, 2025 • 1 min

Kuri uyu wa 30 Gicurasi 2025, Agakiriro ka Gisozi mu Gasabo kafashwe n’inkongi y’umuriro, gahitamo igice cyo hepfo cy’ahakorwaga imirimo y’imbaho. Polisi irakomeza iperereza n’ibikorwa by’ubutabazi, kandi nta muntu urapfa.

Nyanza havumbuwe imbunda mu isambu y’umuturage Others

Nyanza havumbuwe imbunda mu isambu y’umuturage

By isingizwe benitha • May 28, 2025 • 1 min

Mu mudugudu wa Karambo B, mu murenge wa Rwabicuma, habonetse imbunda yari imaze igihe kinini idahingwamo mu isambu y’umukecuru w’imyaka 70. Birakekwa ko iyi mbunda yahasizwe n’abasirikare ba Habyarimana nyuma ya Jenoside yo 1994. Umuyobozi w’agateganyo wa Karere ka Nyanza, Patrick Kajyambere, yemeje ko abaturage babimenyesheje.

Ese ibyo Steve Harvey avuga nibyo?Afurika ifite byose kugeza nubwo itakenera inkunga Others

Ese ibyo Steve Harvey avuga nibyo?Afurika ifite byose kugeza nubwo itakenera inkunga

By isingizwe benitha • May 14, 2025 • 2 min

Umunyamerika Steve Harvey yavuze ko Afurika ifite umutungo kamere uhagije (peteroli, gaze, zahabu, ibiribwa n’amatungo) kandi itagomba gutumiza ibintu hanze. Yagaragaje ko umugabane ushobora kwigira no gutera imbere mu gihe cyizera ubushobozi bwawo kandi gikanguka ku bikomere by’ubusahuzi bw’ibihugu by’Iburengerazuba. Harvey yashishikarije urubyiruko gufata iya mbere mu gutekereza ku hazaza h’umugabane no kwizera ubushobozi bwawo.

Urukundo n'cyemezo kiruta amarangamutima Others

Urukundo n'cyemezo kiruta amarangamutima

By Esther Uwiduhaye • May 6, 2025 • 1 min

Albatross asobanura ko urukundo nyakuri rutagomba gushingira ku marangamutima ahindagurika, ahubwo ruba ari icyemezo n’isezerano umuntu afata.

Impamvu dukenera abakunzi mu buzima bwacu? Others

Impamvu dukenera abakunzi mu buzima bwacu?

By Esther Uwiduhaye • May 6, 2025 • 2 min

Abantu bakeneye abakunzi kuko umutima w’umuntu ushaka kurushaho kumvwa, kwitabwaho no gukundwa, birenze amafaranga cyangwa inshuti zisanzwe. Umukunzi atuma umuntu yumva atari wenyine, akagira uwo abwira akamuri ku mutima, kandi akiyakira uko ari. Urukundo rutuma ubuzima buryoha, rukongera agaciro umuntu yiyumva, kandi rukaba isoko y’ihumure n’inkunga mu bihe bigoye. Umukunzi mwiza afasha gutekereza neza, kugaruka mu murongo no guhangana n’ibigeragezo by’ubuzima. Byongeye, urukundo rutuma umuntu yiyubaka, agaharanira kuba mwiza kurushaho, kandi rukamufasha kubaka icyerekezo cy’ejo hazaza. Nubwo umuntu ashobora kubaho adafite umukunzi, urukundo nyarwo rutuma ubuzima burushaho kugira ishingiro n’umunezero.

Ese Minisitiri yakundana n’umukobwa usanzwe? Others

Ese Minisitiri yakundana n’umukobwa usanzwe?

By Esther Uwiduhaye • January 30, 2025 • 2 min

Urukundo nyarwo ntirushingira ku rwego rw’imibereho, amashuri, ubukire cyangwa ubwamamare. Iyo umutima ukunze, ukunda umuntu uko ari, atari ibyo afite. Nubwo hari imyumvire ivuga ko abantu bakomeye bagomba gukundana n’abo ku rwego rumwe na bo, urukundo rushobora kuvukira hagati y’abantu baturuka mu byiciro bitandukanye by’ubuzima.

Umukwe n'umugeni bisanze mumaboko ya RIB ku munsi wo gusezerana Others

Umukwe n'umugeni bisanze mumaboko ya RIB ku munsi wo gusezerana

By isingizwe benitha • June 10, 2024 • 3 min

Mu Karere ka Nyamasheke, umugabo w’imyaka 48 n’umugore w’imyaka 29 batawe muri yombi na RIB ku munsi bari bagiye gusaba no gukwa, nyuma y’uko umugore wa mbere w’uyu mugabo abimenyesheje inzego.

Yatwitswe n'umugore we nyuma yo kumufata amuca inyuma Others

Yatwitswe n'umugore we nyuma yo kumufata amuca inyuma

By isingizwe benitha • June 10, 2024 • 1 min

Muri Ghana, umugabo usanzwe ari umuganga yatwitswe na acide n’umugore we nyuma yo kumufata amuca inyuma. Uwo mugore yamumenye ko yagiye kureba ihabara rye, ahita amukurikira afata acide yari mu rugo ayimumenaho mu mugongo. Iyi acide yamwangije cyane inyama z’umugongo ku buryo gukira kwe bigoranye.