Perezida Kagame yifatanyije n’itsinda ry’impuguke ku isakazabumenyi ku isi mu kwizihiza imyaka 15
Ku Cyumweru tariki ya 6 Nyakanga 2025, Perezida Paul Kagame yifatanyije n’Itsinda rya Broadband Commission for Sustainable Development muri Village Urugwiro mu kwizihiza imyaka 15 rimaze rishishikariza kugeza internet kuri bose. Perezida Kagame, umwe mu bariongozi baryo ku rwego mpuzamahanga, yashimangiye ko internet ari uburenganzira n’isoko y’amahirwe n’iterambere rirambye, ashimirwa uruhare rwe mu guteza imbere ikoranabuhanga ku Isi.



