Ku nshuro ya 10 mu myaka 12 ishize, Neymar Jr, umukinnyi ukomeye w’umupira w’amaguru wo muri Brazil, ntiyitabiriye umukino w’ikipe ye wahuriranye n’isabukuru ya mushiki we, Rafaella Santos. Iki kintu cyagarutsweho cyane mu binyamakuru byo muri Brazil no mu bakunzi ba Neymar, nyuma y’umukino Santos FC yakinaga na Mirassol ku wa kabiri nijoro. Santos yategetse ko Neymar atakinnye umukino "nk’ingamba zo kwirinda" kubera umunaniro w’imikaya, nyuma yo gukira imvune yari amaze iminsi akorerwaho.
Abafana n’abakunzi ba Neymar, bagiye bahuriza ku ngingo ko umusore atakinnye umukino ku isabukuru ya mushiki we, ibintu byagiye bibaho mu myaka yashize. Rafaella Santos yizihije isabukuru ku wa 11 Werurwe, kandi Neymar agaragaza ubucuti bukomeye na mushiki we. Ibi byerekana ko umubano wabo ari wihariye, kuko Neymar afite ‘tattoo’ y’isura ya Rafaella ku kaboko, mu gihe amaso ya Rafaella yashushanyijwe ku mugongo wa Neymar.

Muri 'tattoos' ziri ku mubiri wa Rafaella ku mugongo we hariho igaragaza amaso ya musaza we
Neymar wigeze gukina umukino ku isabukuru ya mushiki we muri 2019/2020, ubwo Paris Saint-Germain yatsindaga Dortmund 2-0, yanditse ku mbuga nkoranyambaga avuga ko kutitabira umukino bidaterwa n’ubundi burakari cyangwa ibyiyumvo bindi, ahubwo ari ingamba zo kwirinda. Yagize ati: "Hari abantu benshi bahimba amakuru ku birimo kumbaho. Ntacyo bitwaye. Iyo nkinanye imvune, mba nkosheje. Iyo nitaye ku magara yanjye, mba nkosheje. Iyo nkiniye ku bubabare, mba nkosheje. Biragoye cyane kudakosa."
Yongeyeho ko bimutangaje kubona hari abahimba inkuru ku buzima bwe kandi "baba bari kumwe nanjye buri munsi".Ku rundi ruhande, Carlo Ancelotti, umutoza w’ikipe y’igihugu ya Brazil, yari ateganyije kuza kureba uyu mukino mbere yo kwemeza urutonde rw’abakinnyi bazajyana mu gikombe cy’isi kizabera muri Mexico, Amerika na Canada, ariko ntiyabashije kuhagera nk’uko ibinyamakuru byo muri Brazil bibivuga. Neymar Jr ni we mukinnyi ufite ibitego byinshi mu ikipe y’igihugu ya Brazil, ariko kutamenya niba azahamagarwa mu gikombe cy’isi biterwa n’imvune yagiye agira mu myaka ya vuba ishize.

Neymar Jr, ni we mukinnyi ufite agahigo k'ibitego byinshi yatsindiye ikipe y'igihugu ya Brazil




Comments
0